IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Abanyafurika barasabwa gukosora ibitaragenze neza mu myaka 50 ishize-Perezida Kagame


Yanditswe kuya 7-10-2012 - Saa 06:00' na Noël Turikumwe

Mbere ho iminsi itatu ngo igihugu cya Uganda cyizihize isabukuru y’imyaka 50 kimaze kibonye ubwigenge, Abagande baba mu Rwanda bizihije iyo sabukuru bari kumwe na Perezida Paul Kagame aho yababwiye ko Afurika ikwiriye gukosora ibitagenze neza mu myaka ishize hakubkwa ejo hazaza heza.

Perezida Kagame yashimiye ihuriro ry’Abagande baba mu Rwanda ndetse n’abashobora kuba baje mu Rwanda kwifatanya na bagenzi babo, ku butumire bamushyikirije mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 Uganda imaze ibonye ubwigenge.

Ashima by’umwihariko uhagarariye Uganda mu Rwanda, Richard Kabonero, wabashije kubayobora iwe bamuzaniye ubutumire.

Yagize ati “Ubwo bazanaga ubutumire, bakekaga ko bikinira, bagakeka ko ntazabona umwanya wo kwitabira ubutumire bwabo.”

Yabwiye abitabiriye ko yashimishijwe no kuba yabashije kwitabira ubutumire bwabo, avuga ko anejejwe no kuba yasohoje isezerano rye ryo kubana nabo mu kwizihiza Isabukuru.

Yagize ati “Iki gikorwa kiratwibutsa byinshi bisa nkacyo kuko natwe nk’u Rwanda mu minsi ishize twizihije isabukuru y’Ubwigenge bw’u Rwanda kandi ibihugu byinshi by’Afurika byabonye ubwigenge mu gihe gisa nk’aho ari kimwe.”

Perezida Kagame yavuze ko igikwiye uyu munsi ari ukwibaza isomo ryigiwe muri iyi myaka 50 n’icyo ahazaza hahishiye ibihugu nka Uganda ndetse n’u Rwanda rwamaze kwizihiza isabukuru mu mezi make ashize.

Yagize ati “Igituma mvuga ibi, ni uko abantu bakunze kureba inyuma bakibanda ku bitaragenze neza gusa muri iki gihe kingana n’igice cy’ikinyejana.“

Avuga ko hari aho Afurika itagize ibikorwa bishimishije, bityo ngo ni byiza kwigira ku makosa yakozwe ngo hubakwe ahazaza heza.

Ariko Kagame yemeza ko ntawakwirengagiza ko Afurika iri gutera imbere, bikaba ukuri kuri Uganda n’u Rwanda, ndetse n’ibihugu byinshi byo muri Afurika.

Akavuga ko iterambere riri muri Afurika rituma hari benshi bavuga ko iki ari ikinyejana cya Afurika, ngo ibi byagakwiye gutuma Abanyafurika biha intego yo kubigira ukuri. Ngo ibi bikaba bireba Uganda n’ibindi bihugu by’Afurika.

Perezida Kagame yagize ati “Nk’uko benshi twabibonye habayeho iterambere mu bukungu mu myaka 10 ishize mu bihugu bya Afurika, kandi hari ibipimo bigagagaza ko iryo terambere ry’ubukungu rishobora kuramba.”

Ariko yibukije ko ibyiza n’ahazaza heza abayobozi bashaka kugezaho abaturage b’Afurika, bidashobora kuza mu buryo bworoshye, ahubwo avuga ko hagomba gushyirwamo imbaraga uko bishoboka kose ngo twemeze ko bigerwaho.

Avuga ko ntawe ukwiye gutungurwa, Abanyafurika bakomeje kugira icyizere cyo hejuru ku mibereho myiza, ngo birasaba abayobozi b’ibihugu ndetse n’ab’izindi nzego gukora kugira ngo bageze ibyiza ku bo bashinzwe.

Yagize ati “Icyo nkeka cyagakwiye gukorwa mu yindi myaka 50, ni ukurebera ku bwigenge, bikadufasha kureba ko ibyo tugezeho ari ibyo twashakaga, tukanareba ko ari byo dukwiriye kuba tugezeho kandi ko ari byo twashakaga kugeraho.”

Perezida Kagame avuga ko hari ibyo buri gihugu gikwiye kwigira ku kindi kugira ngo iterambere ryihute.

Agira ati “Nk’uko ambasaderi wa Uganda yabivuze, ni iki cyatuma u Rwanda na Uganda tudakorera hamwe ngo twihutishe umuvuduko w’ibyo dushaka kugeraho.”

Perezida Kagame avuga ko imizi ishinze mu bufatanye ibihugu byombi byagezeho, avuga ko ubwo bufatanye budakwiye kuba mu magambo gusa ahubwo ko bwashyirwa mu no bikorwa.

Avuga ko nk’uko byavuzwe, iterambere ry’u Rwanda na Uganda rihora rizamuka, akavuga ko ariko ahazaza hakwiye kumera kandi ngo ari ko byakabaye byaragenze mu gihe cyahise.

Igihugu cya Uganda cyabonye ubwigenge tariki ya 9 Ukwakira 1962 aho cyari gisanzwe gikolonizwa n’u Bwongereza, ubu imyiteguro ikaba irimbanyije mu kwizihiza uyu munsi mukuru muri icyo gihugu.

Richard Kabonero uhagarariye Uganda mu Rwanda we na Perezida Kagame bishimiye isabukuru
Bishimye bashyiraho n'akadiho ku muri Uganda

Foto/Village Urugwiro

IBITEKEREZO
@Ntarugera we ko ntarumva tuga nibura ko hali leta yubatse na stade , umuhanda numwe , ikibuga cg ngo numve halikivugwa mbere ya 94 hano murwanda , uretse gutegura itsembabwoko ??? Uganda yo politic yayo burya ili kuyindi level , kuko niyo Besige amaze 2 hours ali na police , abana be baba batahutajwe , kandi numugore we akomeza kuba ambassador !!!nmbwira niba mbeshye ?
Musubize8.10.2012 saa 01:15
Gakarama ignace
Gakarama Ignace : Ndumva ubabaye cyane ariko I am sorry for you, mbere ya 1994 ntizagaruka....Nta butegetsi bw'abicanyi uteze kuzongera kubona kandi niba utabaho udafite nostalgie yabwo uzabasange aho bari.
8.10.2012 saa 01:51
Dan
Happy indipendance day to all Ug's. we are brothers and share almost all whether good or bad. let us look forward to built our countries. long live H.E YKM, long live all Ugandans
Musubize8.10.2012 saa 00:43
Rwabugiri
Umukuru w'igihugu cy'U Rwanda Kagame Paul akomeje kwibutsa abayobozi b'ibihugu bya Afurika ndetse n'abaturage babyo ko guhitamo ari ibanga ryo gutera imbere utagononwa. Ikindi kandi iryo hitamo rigomba gusindagizwa n'icyizere cyo kugera ku byo wahisemo uretse bisaba imbaraga zidasanzwe kugira ngo nibura ubwigenge n'iterambere bisigasigwe nibura mu myaka 50 iri imbere. Imvugo rero igomba kurangwa n'ingiro.Nifurije icyo gihugu kwishimira iyo myaka 50 y'ubwigenge bwacyo kuko nubwo harimo ibibi byabayeho ariko harimo n'ibyiza bigomba kubakirwaho. Ntarugera François

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!