Nyuma yo kubakirwa inzu y’iterambere ry’uyu mudugudu ndetse no gufashwa mu gutunganya igishanga cya kayumbu gihingwamo umuceri, abatuye mu kagari ka kayumbu, umudugudu wa Gihogwe ho mu karere ka Kamonyi barishimira ibikorwa bagejejweho n’Abanyakoreya.
Ibikorwa bakorewe byakozwe n’abakorerabushake baturuka mu gihugu cya Koreya y’amajyepfo bakorana n’Ikigo cy’Ubutwererane cya Korea KOIKA (korea International Corperaation Agency), abahatuye bemezako byabafashije mu kwiteza imbere ku buryo bamaze kunguka byinshi ku bijyanye n’imibereho myiza yabo.
Inzu nini y’ibyumba 5 n’uruganiriro izafasha mu iterambere ry’uyu mudugudu ni kimwe mu byakozwe hiyongereyeho gutunganya imirima yo mu gishanga cya kayumbu ndetse no guhinga uturima tw’igikoni muri buri rugo rugize uyu mudugudu ni byo byakozwe nk’uko byatangajwe na Ntirushwa Emmanuel umuyobozi w’uwo mudugudu.
Uyu Muyobozi avuga ko ibikorwa bakoze byahinduye uyu mudugudu ku buryo bugaraga. Ibi kandi ngo byiyongeraho kuba barahinduye imyumvire y’abahatuye mu mvugo yabo ngo aho guha umuntu ifi wamwigisha kuyiroba.
Abakorewe ibi bikorwa ngo bumva baragize amahirwe mu kubona ibi bikorwa byagize umudugudu wabo mushya, gusa ngo bikagenda bikowa gahoro gahoro.
Umwe muri aba Banyakoreya unahagarariye abakorerabushake avuga ko iyo bakeneye kubafasha begera ubuyobozi bw’akarere bukababwira ibikorwa bakorerwa. Icya mbere baheraho ngo ni uguhindura imyumvire.
Uretse ubuhinzi bw’umuceli, abo baturage bafatanyije n’abakorerabushake b’Abakoreya, bubaka inzu ifite izagirwa ibiro by’umudugudu, ifite n’ibyumba bigishirizamo, gusoma no kwandika, isomero n’icyumba cy’inama ;ibindi byakozwe harimo kubaka uturima tw’igikoni muri buri muryango, kubaka amashyiga ya Kijyambere, no gukorera muri koperative.
Bazamara muri uwo mudugudu igihe cy’imyaka itanu, bakaba bafite icyizere ko bazasiga umudugudu wa Gihogwe warageze ku iterambere.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Byimana : Inkongi y’umuriro yongeye kwibasira ikigo cy’ishuli
20.05.2013 |
|
Kigali : Hafunguwe urubuga ruzajya rufasha abantu kubona ibyangombwa byo kubaka
20.05.2013 |
|
Turkish Airlines igiye gutangira ubwikorezi bw’imizigo mu ndege izahuza Kigali n’indi mijyi
20.05.2013 |
|
Geneva : MIDIMAR yitabiriye inama mpuzamahanga yo kurwanya ibiza
20.05.2013 |
|
CHUK : Kugabanuka kw’amafaranga y’abaganga, ingaruka kuri serivise
20.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |