Ku wa 12 Ukakira 2012, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), Dr. Harebamungu Mathias yasabye abayobozi b’ibigo by’amashuri kurushaho kwita ku burere bw’abanyeshuri, kubera ko ngo byagaragaye ko hari abayobozi b’ibigo bibera mu byabo ku buryo usanga batakiba mu bigo bayobora ngo bakurikirane ibihabera.
Mu nama Dr. Harebamungu yagiranye n’abashinzwe uburezi ndetse n’abahagarariye ibigo by’amashuri y’inshuke, abanza, ayisumbuye n’ay’imyuga yo mu Turere twa Huye, Gisagara, Nyamagabe na Nyaruguru, yabasabye ko abajya kwiga muri Uganda cyangwa muri Kenya muri bo, bagerageza kwigira hafi kugira ngo bakomeze bakurikirane ibigo bayobora.
Yagize ati “Ntidushaka abayobozi bata ibigo bayobora. Niba mushaka kwiga muzige hafi ariko mukore akazi muhemberwa, naho ubundi abata ibigo baragiye kwigira kure, tuzabasimbuza abandi bashaka kurerera igihugu kandi babifitiye umwanya.”
Dr Harebamungu yibukije aba bayobozi ko bagomba gukurikirana abana bo mu bigo bayobora ntibate ishuri, kandi ko mu bihe biri imbere bazajya bababazwa, yungamo agira ati “Ibigo tuzasanga bisigaranye abana bakeya tuzabihagarikira inkunga igenerwa abanyeshuri, kuko abana baba bavuye mu mashuri Leta ibatangaho amafaranga kandi badahari.”
Na none kandi, ngo ntihazagire abongera kwaka amafaranga y’impapuro kandi mu nkunga Leta igenera ibigo by’amashuri n’ay’ibikoresho arimo. Yemwe ngo nta n’uwemerewe kwirukana abana ngo kubera ko batatanze amafaranga y’agahimbazamusyi kagenerwa abarimu.
Dr Harebamungu yakomeje agira ati “Ibi biri mu bituma abana bata ishuri. Nihagira uwo twongera kumva ko yatse bene aya mafaranga y’impapuro, cyangwa akirukana umunyeshuri utatanze amafaranga y’agahimbazamusyi, azafatirwa ibihano byo ku rwego rw’akazi.”
Abari bitabiriye iyi nama kandi baganirijwe ku bijyanye n’aho gahunda y’uburezi bw’imyaka 12 igeze ishyirwa mu bikorwa, basobanurirwa ibijyanye na gahunda yo kwigisha ubumenyingiro na tekinike, bakangurirwa ibijyanye n’amategeko mashya y’uburezi, banahabwa impanuro ku bijyanye n’imyigishirize n’imitsindire mu bigo by’amashuri.
Abayobozi b’ibigo kandi basabwe kuzasobanurira abo bayobora ibijyanye na gahunda yo kwihesha agaciro.
Izuba Rirashe
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Byimana : Inkongi y’umuriro yongeye kwibasira ikigo cy’ishuli
20.05.2013 |
|
Kigali : Hafunguwe urubuga ruzajya rufasha abantu kubona ibyangombwa byo kubaka
20.05.2013 |
|
Turkish Airlines igiye gutangira ubwikorezi bw’imizigo mu ndege izahuza Kigali n’indi mijyi
20.05.2013 |
|
Geneva : MIDIMAR yitabiriye inama mpuzamahanga yo kurwanya ibiza
20.05.2013 |
|
CHUK : Kugabanuka kw’amafaranga y’abaganga, ingaruka kuri serivise
20.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |