Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yemeje umushinga w’itegeko rishyiraho urubuga nginshwanama rw’inararibonye, aho abitwaye neza mu nzego z’ubuyobozi bagiye kujya baba abajyanama b’igihugu mu gihe batakiri mu buyobozi.
Ubwo Minisitiri w’ubutabera, Tharcisse Karugarama, yasobanuraga abadepite bagera kuri 65 iby’uwo mushinga wo kugororera abayobozi bitwaye neza, kuwa 18 Gashyantare, yavuze ko byatekerejwe bimaze kugaragara ko hari abayobozi bamwe barangiza manda zabo , ugasanga ntacyo bongeye gufasha igihugu cyabo kandi bagifite ingufu.
Urwo rubuga ngishwanama ruzajya ruba rugizwe n’abantu barindwi, bahagarariwe na perezida na visi- perezida, bose bakazajya bashyirwaho na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda. Abashyizweho bagire manda y’imyaka itanu.
Karugarama yavuze ko mu bizashingirwaho kugira ngo abo bantu barindwi batoranywe, hari ukuba mu gihe bari mu buyobozi baragaragaje ubumenyi n’ubuhanga mu kazi kabo, kandi bazwiho n’ubunyangamugayo, ku buryo aho icyo bavuze abantu bakibona nk’ukuri, ati “Kugira ngo hashyirweho abo bantu, ntawe uzajya abihatirwa, azajya abisabwa natabishaka dushake undi, nta mushahara azagenerwa uretse agahimbazamusyi kazajya kamufasha mu kazi.”
Abadepite batandukanye batanze ibitekerezo, abenshi bakibanda kuvuga ko buri muntu wese ufite ubumenyi runaka, hazarebwa uburyo nawe yabugeza ku gihugu, kuko ngo hari nk’abarimu ba za Kaminuza na bo usanga bafite ubuhanga nko muri Politike, ubukungu ndetse n’imibereho y’abaturage, bashobora kugeza ku gihugu.

Karugarama ariko yabwiye Inteko ko hazagenda hongerwamo abajya muri urwo rubuga bitewe n’ubushobozi igihugu cyizaba gifite.
Uwo mushinga abadepite bawemeje, ushyirwa muri komisiyo iwushinzwe igiywe kuwiga.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Umushinga w‘itegeko rigenga ubutaka mu Rwanda ntuvugwaho rumwe
18.05.2013 |
|
Gakenke : Gahunda yo guhuza ubutaka yavanyeho ubusuhuke
18.05.2013 |
|
Ku bufatanye bwa CNLG na RGB hateguwe imikino yo kwibuka abakunzi ba siporo bazize Jenoside
18.05.2013 |
|
INATEK yafunguye ishami mu karere ka Rulindo
18.05.2013 |
|
Hari byinshi Rwanda Day imaze kugezaho abanyarwanda
18.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |