Nta na rimwe ibiza n’impanuka biteguza kuko biza bitunguranye, bigahitana ibyo bisanze mu nzira ; ariko iyo urebye neza usanga hari ibyo umuntu ashobora kwirinda ku rwego runaka, ku buryo kutabyirinda byaba nko kwiyaruriraho amakara.
Ushobora guhinga ukarumbya bitewe n’izuba cyangwa imvura bije mu buryo utateganyije, ibyo nta wabikurenganyiriza.
Ariko niwubaka inzu nta musingi, maze n’akavura gake kagwa kakayitwara ni wowe uzaba wikozeho.
Hirya no hino mu gihugu twumva ngo imvura yaguye yica imyaka, isenya amazu, isakambura ibisenge……rimwe na rimwe ugasanga ba nyir’imitungo yangijwe nabo hari aho batabaye menge : Ugasanga umuntu yubatse munsi y’umukingo, noneho imvura yagwa wa mukingo ukiyubika ku nzu abantu bagapfiramo !
Hari n’abubaka muri metero zitagera kuri 15 uvuye ku muhanda, noneho igihe runaka bikazaba ngombwa ko basenyerwa bigateza ikibazo.
Hari ubwo umuntu yubaka atazi icyo amategeko avuga, ariko byari bikwiye ko n’utayazi asobanuza mbere y’uko atangira ibikorwa bye by’ubwubatsi kuko nta witwaza ko atazi amategeko.
Hari n’uwo usanga yubatse inzu ihengetse, nyuma y’igihe bagatangira kuyitegaho ibiti ngo idahirima !
Hirya no hino Leta ikomeje gutanga imfashanyo ku bantu basenyewe n’ibiza bitandukanye.
Ni byiza ko izitanga, ariko abantu na bo bakagombye gukora igishoboka cyose bagakumira ibiza n’impanuka bishobora gukumirwa.
Ubufatanye hagati y’abaturage na Leta nibyo bituma iterambere rigerwaho. Leta igomba kubafasha kwikura mu bukene no guhangana n’ibiza, ariko nabo bagomba kumenya ko hari uruhare bagomba kugira mu kwigezaho ibyiza no gukumira ibibi.
Izuba Rirashe
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
London : Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari muri Afurika
18.05.2013 |
|
Abagize Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga barasabwa kubakorera ubuvugizi
18.05.2013 |
|
Kigali : Urusimbi rwamuriye moto ya Miliyoni imwe, none ararira ayo kwarika
18.05.2013 |
|
Kigali : Abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye barinubira ibihano byo gukubitwa inkoni
18.05.2013 |
|
Ese koko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi bizajya bikorwa nyuma y’imyaka itanu ?
18.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |