00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abatozwa kuba ba ofisiye ba Polisi bahuguwe ku mutekano w’ikibuga cy’indege

Yanditswe na

Bukuru JC

Kuya 2 April 2015 saa 10:12
Yasuwe :

Abatozwa kuba ba ofisiye ba polisi icyiciro cya karindwi bagera kuri 240 batorezwa mu ishuri rya Polisi rya Gishari mu karere ka Rwamagana, bakoze urugendoshuri rwo gusura ikibuga mpuzamahanga cya Kigali iI Kanombe, baganirijwe n’abahakorera ku bigendanye n’uburyo umutekano wakubahirizwa.

Abatozwa kuba ba ofisiye bakiriwe n’Umuyobozi w’ishami rya Polisi rikorera ku kibuga CSP Desire Gumira, abatembereza ku bacunga umutekano ku kibuga barimo abashinzwe abinjira n’abasohoka, abashinzwe gasutamo, abasuzuma imizigo n’izindi nzego zikorana na Polisi mu kubungabunga umutekano w’ikibuga cy’indege.

CSP Gumira yabwiye abatozwa kuba ba ofisiye ko umutekano w’ikibuga ari inkingi ku mutekano w’igihugu.

Mu biganiro bagiranye, CSP David Rukika, ukuriye abarimu ku ishuri rihugura abapolisi rya Gishari, yavuze ko uru rugendoshuri rugamije guha abatozwa kuba ba ofisiye ubumenyi bwa ngombwa mu guteza imbere imikorere myiza mu gushyira mu bikorwa inshingano za Polisi.

Yakomeje agira ati“Nyuma yo gusoza amahugurwa muzoherezwa mu kazi hano ku kibuga cy’indege, mugomba guhora muri maso kandi mukuzuza inshingano kinyamyuga mu kubungabunga umutekano w’abagenzi.”

Irindi tsinda ry’abatozwa kuba ba ofisiye ba Polisi basuye uruganda rw’Inyange kugira ngo bibonere uburyo urwo ruganda rukora mu rwego rwo kongera ubumenyi buzifashishwa mu kugenzura ubuziranenge n’umutekano w’ibiribwa n’ibinyobwa.

Abatozwa kuba ba ofisiye ba Polisi mu rugendo shuri ku kibuga cy'indege

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages