00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Batatu bakekwaho iterabwoba barasiwe i Rusizi

Yanditswe na Philbert Girinema
Kuya 19 August 2016 saa 09:16
Yasuwe :

Ahagana saa cyenda n’igice za mu gitondo tariki ya 19 Kanama 2016, Polisi y’u Rwanda yarashe kandi yica abantu batatu bakekwagaho iterabwoba mu mu gikorwa cyabereye mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi.

Abapfuye bari mu itsinda ry’abakwekwaho iterabwoba batandatu barimo n’uw’igitsinagore umwe bose bashakishwaga na Polisi.

Abaguye muri icyo gikorwa ni Eric Mbarushimana, Hassan Nkwaya bakomoka mu Karere ka Kamonyi na Kicukiro na Mussa Bugingo, wapfuye ageze kwa muganga kubera ibikomere.

Abandi ni Shafi Cyiza akaba yakomeretse ubu akaba ari kuvurirwa kwa muganga mbere y’uko akurikiranwa n’amategeko; mu gihe Latiffah Morina na Aboubakar Ngabonziza bo mu Karere ka Kamonyi na Gasabo bafatiwe muri icyo gikorwa bafungiye kuri Polisi mu gihe iperereza rikomeje.

Iki gikorwa cyakozwe ku ruhare rw’abaturage, bo bahaye amakuru Polisi ku itsinda ry’abantu batandatu, bari bamaze ibyumweru bibiri mu nzu bivugwa ko iberamo ibikorwa by’ubutagondwa.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Polisi y’Igihugu rivuga ko mu gikorwa cyo gufata abo bantu, bagaragaje imyitwarire irwanya abapolisi bagerageza gutoroka, nibwo batatu muri bo barashwe barapfa.

Iperereza rigaragaza ko bari mu bukangurambaga bw’ubutagondwa bugamije kwinjiza abantu mu mitwe y’iterabwoba. Bimwe mu bikoresho by’ubutagondwa birimo ibitabo, amajwi n’ibindi byafatiwe muri iyo nzu.

Polisi y’u Rwanda irizeza abaturarwanda by’umwihariko abatuye akarere ka Rusizi umutekano usesuye inabakangurira gukomeza ubufatanye no gutanga amakuru ku gihe kugira ngo ibikorwa nk’ibi bikumirwe.

Inzu yarasiwemo aba bantu yashyizweho ikimenyetso

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages