Yabivuze ku mugoroba wo kuwa Gatanu tariki 29 Mata 2016, mu mugoroba wo kwibuka wabereye muri IPRC Kigali (yahoze ari ETO Kicukiro), umuhango witabiriwe na bamwe mu bayobozi bakuru mu nzego za Leta n’abikorera, abanyeshuri n’abarimu ba IPRC ndetse n’inshuti.
Umuyobozi mukuru wa IPRC Kigali, Eng Murindabigwi Diogène, yagarutse ku butwari bw’ingabo zahoze ari iza RPA zahagaritse Jenoside amahanga arebera.
Yasabye urubyiruko ko byababera intwaro ikomeye yo kurinda u Rwanda gusubira mu mateka mabi, anasaba abari aho bose kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside kuko ngo ariyo ibanza mbere yo gushyira mu bikorwa Jenoside.
Eng Murindabigwi yashimiye byimazeyo abanyeshuri bibumbiye mu muryango wa AERG mu kigo ayoboye kuko ngo badahwema kugaragaza ubufatanye mu nzira nziza yo kwiyubaka kandi nk’abarezi ngo bazakomeza gufatanya.
Depite Yvonne Uwayisenga wari umushyitsi mukuru muri icyo gikorwa, yasabye ko Eto Kicukiro yashyirwamo ikimenyetso kiranga amateka y’ubugwari bwa Loni.
Yagarutse ku ngabo z’Umuryango w’Abibumbye zari muri Eto Kicukiro igihe cya Jenoside mu 1994, ati “Babaye ibigwari, mureke dufatanye tujye tubigaragaza tubivuge. Iki kigo (IPRC) gifite amateka kandi akomeye cyane, nayo tujye tuyavuga kandi n’abana bazavuka nyuma bazabone ibimenyetso bibagaragariza ukuri ku byabaye.”
Yanashishikarije kandi urubyiruko kumenya amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi kugirango u Rwanda rukomeze kubona imbaraga zo kurwanya abayipfobya bayihakana.
Uwatanze ikiganiro ku kamaro ko kwibuka Tom Ndahiro yongeye gusaba ko imvugo ‘Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994’ yavaho hagakoreshwa ‘Jenoside yakorewe abatutsi’ kuko Abatutsi ngo bakorewe Jenoside kuva mbere ya 94 aho yatanze urugero rwabishwe mu Bigogwe, Bugesera n’ahandi.
Urwibutso rwa Nyanza ya Kicukiro rushyinguyemo abarenga 3900, aho bajya kwicwa babanje guhungira mu ishuri ryahoze ari Eto Kicukiro, ariko baza gutereranwa n’Ingabo za Loni bituma bicwa n’Interahamwe.
Amafoto: Mahoro Luqman



















TANGA IGITEKEREZO