00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

EU yahaye inkunga y’amafaranga asaga miliyari impunzi z’Abarundi

Yanditswe na

Cyprien Niyomwungeri

Kuya 6 May 2015 saa 08:18
Yasuwe :

Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’i Burayi (EU) yatanze inkunga y’amafaranga asaga miliyari imwe na miliyoni magana abiri y’u Rwanda yo kugoboka impunzi z’Abarundi zikomeje guhungira mu bihugu by’abaturanyi.

Iyo nkunga yatanzwe ni igice cya miliyoni 47 z’amayero zigenerwa ibikorwa byo gufasha mu karere k’Ibiyaga bigari mu mwaka wa 2015.

Komiseri ushinzwe ibikorwa by’ubugiraneza no gucunga Ibiza mu Muryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’i Burayi, Christos Stylianides, yatangaje ko guhunga kw’Abarundi ari ikibazo gihangayikishije akarere.

Yagize ati “ Uko guhunga kw’abantu benshi ni ikintu kibagamye bikomeye n’imbogamizi ku bihugu by’ibituranyi mu bijyanye n’ubushobozi bwo kwakira impunzi. Ni ikintu gihangayikishije kandi mu karere kari gasanganwe ibindi bibazo.”

U Rwanda, Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo na Tanzaniya nibyo bihugu birimo kwakira impunzi z’Abarundi zivuga ko zihunga igitutu no guhohoterwa n’urubyiruko rwo mu ishyaka riri ku butegetsi rwitwa Imbonerakure.

Kugeza ubu abasaga ibihumbi 30 biganjemo abagore n’abana bamaze guhunga, mu Rwanda hakaba habarirwa izirenga ibihumbi 25.

Kuva Ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi CNDD FDD ryakwemeza Perezida Nkurunziza nk’umukandida mu matora ateganijwe muri Kamena, imyigaragambyo imaze kugwamo abantu bagera ku icumi.

Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’ibihufu by’i Burayi yatangaje ko ikomeje gucungira hafi ibibera mu Burundi kandi ko itewe impungenge no kwiyongera kw’impunzi z’Abarundi.

Impunzi z'Abarundi ziri mu Rwanda zirabarirwa mu bihumbi 25

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages