00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hagiye gushyirwaho umutwe w’ingabo zirwanya ibyaha bikorerwa kuri internet

Yanditswe na

IGIHE

Kuya 10 June 2014 saa 12:10
Yasuwe :

Minisiteri y’Ingabo yatangaje ko mu byihutirwa gukorwa mu ngengo y’imari ya 2014/2015 harimo gushyiraho umutwe w’ingabo ushinzwe kurwanya ibyaha bikorerwa kuri Internet “Cyber Battallion”.
Minisitiri w’Ingabo, Gen James Kabarebe, ubwo yagezaga ku Nteko Ishinga Amategeko umushinga w’ingengo y’imari ya 2014/2015, yatangaje ko ishami ry’ikoranabuhanga muri iyi Minisiteri rigomba kongererwa ingufu ndetse n’imbaraga nyinshi zikazashyirwa ku kurwanya ibyaha bikorerwa kuri Internet nk’uko (…)

Minisiteri y’Ingabo yatangaje ko mu byihutirwa gukorwa mu ngengo y’imari ya 2014/2015 harimo gushyiraho umutwe w’ingabo ushinzwe kurwanya ibyaha bikorerwa kuri Internet “Cyber Battallion”.

Minisitiri w’Ingabo, Gen James Kabarebe, ubwo yagezaga ku Nteko Ishinga Amategeko umushinga w’ingengo y’imari ya 2014/2015, yatangaje ko ishami ry’ikoranabuhanga muri iyi Minisiteri rigomba kongererwa ingufu ndetse n’imbaraga nyinshi zikazashyirwa ku kurwanya ibyaha bikorerwa kuri Internet nk’uko tubikesha The East African.

Minisitiri w’Ingabo, Gen James Kabarebe

Gen Kabarebe yavuze ko kuba iki gihe ari icy’ikoranabuhanga ari ngombwa ko RDF inashyira imbaraga mu guhangana n’ingaruka zakururwa n’ikoranabuhanga.

Yavuze ko ibi biri muri gahunda yo gucunga umutekano, aho agaragaza ko abakorera ibyaha kuri internet bashobora gutera amabanki, Minisiteri y’ubukungu kabone yewe n’Inteko Nshingamategeko.

Ibyaha bikorerwa kuri internet bimaze kuba ikibazo mu karere nk’uko bitangazwa na George Kiseka uhagarariye Interpol akaba afite icyicaro i Nairobi muri Kenya.

Ubushakashatsi bwakozwe na Deloitte umwaka ushize bwagaragaje ko Banki zo muri Kenya, mu Rwanda, Uganda, Tanzania na Zambia zihomba miliyoni 245 z’amadolari y’Amerika buri mwaka binyuze mu bujura bukorerwa kuri internet.

Ku isi, ibyaha bikorerwa kuri internet byarazamutse aho usanga 38% ari ibyaha bikorwa ku rwego rw’ubukungu mu gihe 16% bikorerwa mu zindi nzego. Ibi bika byaragaragajwe n’ubushakashatsi bwa PricewaterhouseCoopers (PwC).

Mu Rwanda abasirikare b’igitsina gore bagera kuri 400 bamaze gutozwa bakaba ari bo bagiye gushingwa imirimo yo gukumira no guhangana n’abakora ibi byaha.

Gen Kabarebe yavuze ko ibihe byahindutse aho mu gihe cya kera abahungu aribo bitabwagaho mu gushyirwa mu gisirikare, none ubu hakurikizwa ireme ntihakurikizwa umubare.

Uyu mutwe ugizwe n’igitsinagore kuko kibika ibanga n’ubwitange ku buryo bazajya babasha kumara amasaha 24 bacunga umutekano wo kuri internet.

Polisi ivuga ko ibyaha bikorerwa kuri internet mu Rwanda bitaragera ku ntera ikanganye, ariko icyiza ko ari ugutangira none kubera ingaruka zabyo zigenda zizamuka.

Mu gihe ikoreshwa rya internet rizamuka mu Rwanda aho ryavuye kuri 0.01% mu 2003 kugeza kuri 7.04% mu 2012, biravugwa ko abanyarwanda bakoresha ICT ariko batazi gucunga umutekano w’ibyo bakorera birinda abashobora kubinjirira (hackers) n’abajura cyangwa abatekamutwe bo kuri internet.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages