Umusore uri mu kigero cy’imyaka 3o utamenyekanye amazina yagurumanye ku manywa y’ihangu kuri «Payage » mu mujyi wa Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 29 Nyakanga.
Abaturage babonye uyu musore ashya, bumiwe babwira IGIHE ko batamenye icyatwitse uyu musore kuko bashidutse gusa ari kugurumana atabaza.
Umumotari wamurebaga yagize ati“Narimanutse munsi ya RAMA(ku cyicaro cya RSSB) mbona umuntu ari kwambuka muri iki gisambu ari kugurumana imyenda y’inyuma agatelefone yari afite nako kahiye hano kiriya ureba hasi n’ikabutura yari yambariye imbere.”
Yakomeje avuga ko uyu mugabo yahiye ku maboko, mu gatuza mu mugongo no mu bitugu.
Yahise atabarwa ajyanwa mu bitaro n’ imodoka y’imbagukiragutabara yahise ihagera.



















TANGA IGITEKEREZO