00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rusizi: Babiri bishwe barashwe n’abantu bataramenyekana

Yanditswe na Sitio Ndoli
Kuya 12 March 2017 saa 08:33
Yasuwe :

Mu rucyererera rwo kuri iki Cyumweru abantu babiri barimo umwana, barashwe n’abantu bataramenyekana mu Murenge wa Bugarama, Akarere ka Rusizi.

Amakuru agera kuri IGIHE, avuga ko abo bantu bari bitwaje imbunda bageze mu gasantere ka Kakabuga kari mu Mudugudu wa Kabuga, Akagari ka Ryankana, ahagana nka saa saba z’ijoro, bashyize ipine hafi y’inzu y’umuturage bikekwa ko bashakaga kuyitwika. Icyo gihe ngo umwana wo mu rugo rw’umuturanyi yasohotse agiye kwihagarika, akigera hanze bahita bamurasa ahasiga ubuzima.

Nyuma y’urusaku rw’imbunda, abo bataramenyekana banasanze abanyerondo aho bari bicaye baraswaho, umwe yitaba Imana, undi arakomereka ku kaboko. Uyu ahita ajya kuvurirwa ku Kigo Nderabuzima cya Bugarama.

Nyuma y’iyo nsanganya, ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi n’ubwa polisi bwazindukiye ahabereye ubu bwicanyi bukorana inama n’abaturage mu rwego rwo kubahumuriza.

Abaturage bakoraniye mu Bugarama barahumurizwa nyuma y'iraswa ry'urupfu rw'abarashwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages