00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ukekwaho iterabwoba no kwinjiza Abanyarwanda muri ISIS yarashwe agerageza gutoroka

Yanditswe na

IGIHE

Kuya 24 January 2016 saa 04:29
Yasuwe :

Muhammad Mugemangango wari ufungiye kuri station ya polisi ya Kanombe mu Mujyi wa Kigali akurikiranyweho kugira uruhare mu bikorwa by’iterabwoba, yarashwe na polisi mu ijoro ryo ku wa 23 Mutarama 2016 agerageza gutoroka, bimuviramo gupfa.

Ubwo Mugemangango yari yajyanye na polisi aho asanzwe atuye ku Kimironko mu bikorwa by’iperereza, yasimbutse imodoka ashaka gucika, ahita araswa, biza kumuviramo gupfa.

Ibi byabaye ahagana i saa tatu n’iminota 13 za mu gitondo ku Kimironko, ku muhanda w’Umushumbamwiza.

Muhammad Mugemangango yari yungirije Imam ku musigiti wa Kimironko.

Nk’uko bitangazwa na Polisi y’u Rwanda, Mugemangango yari arimo akorwaho iperereza nyuma yo gukekwaho kugira uruhare mu bikorwa byo gufasha urubyiruko rw’Abanyarwanda kwinjira mu mutwe w’aba ‘Jihad’ no kubajyana mu barwanyi ba ‘Islamic State’(ISIS) muri Siriya.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Célestin Twahirwa yatangaje ko iperereza rikomeje kugira ngo hasobanuke byinshi kurushaho kuri iki kibazo.

Polisi ivuga ko yamenye aya makuru ku bufatanye bw’abaturage ikaba yarashoboye kuvumbura udutsiko tw’iterabwoba, ndetse izakora iyo bwabaga ngo utwo dutsiko tugaragazwe kandi dukurikiranwe hakurikijwe amategeko.

Umuvugizi wa Polisi, ACP Celestin Twahirwa, wasonabuye uko ibintu byagenze

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages