Niyongabo Fabrice w’imyaka 26 yagerageje guha umupilisi ruswa y’ibihumbi 50 nyuma yo gufatanwa urumogi kuri uyu wa Gatanu i Nyamata mu karere ka Bugesera.
Niyomugabo amaze kubona ko afashwe mu bucuruzi bw’urumogi yafashe ibihumbi 50 abiha umupolisi ngo amukingire ikibaba ariko ntibyamuhira arafungwa nk’uko Polisi yabigaragaje ku rubuga rwayo Niyomugabo yambaye amapingu kimwe n’abandi bakurikiranyweho gucuruza ibiyobyabwenge.
Pilisi itangaza ko Niyomugabo yiyemerera icyaha akagisabira imbabazi.
Nyuma yo gutabwa muri yombi Niyomugabo yatanze n’abandi bane bacuruzanyaga barimo Claver Kazungu, Emmanuel Ndabarora, Evode Muhire nabo batabwa muri yombi.
Komanda wa Polisi mu karere ka Bugesera, Supt Athanase Nshuti, wahamije itabwa muri yombi ry’abacuruza urumogi yashimiye abaturage bagira uruhare kugira ngo abakekwaho ibyaha batabwe muri yombi.
Ibiyobyabwenge biza ku isonga mu mpamvu Polisi ijya itangaza ko zitera ibyaha bikorerwa hirya no hino mu gihugu birimo urugomo, gukubita no gukomeretsanya n’ibindi.



















TANGA IGITEKEREZO