IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Drakkar Ltd yahesheje u Rwanda igihembo cya USAID ku ruhare mu gukundisha abana gusoma


Yanditswe kuya 17-09-2012 - Saa 13:13' na Noel Turikumwe

Ku munsi mpuzamahanga wo gusoma no kwandika wizihirijwe i New York tariki ya 7 Nzeri, u Rwanda rwaje mu bihugu 32 byagaragaje imishinga mishya mu gukangurira abana gusoma no kwandika.

U Rwanda nka kimwe mu bihugu byahembwe cyahembewe gahunda yo guhinga umuco wo gusoma mu bana bakiri bato binyujijwe mu guhemba kompanyi “Drakkar Ltd” icuruza ibitabo n’ibindi bikenerwa mu burezi.

Nk’uko tubikesha the New Times, ngo u Rwanda rwabonye iki gihembo kubera kongerera imbaraga imyigire, guhinga mu banyarwanda umuco wo gusoma, watumye habaho impinduka mu burezi, hashyirwa ibikoresho bishya mu mashuri, amasomero agendanwa, amahugurwa adasanzwe ku barimu, kuvugurura gahunda zo gusoma no kuvugurura gahunda ziyobora ibigo by’amashuri n’ibindi...

Dr. Joyce Mugabe umukozi muri Rwanda Education Board, wari uhagarariye u Rwanda I New York mu munsi mpuzamahanga wo gusoma no kwandika, yagize ati “ Nta gihugu na kimwe cyatera imbere kidafite umusingi w’abaturage bafite ubumenyi, kandi gusoma ni bumwe mu buryo bwo kubigeraho !

Drakkar Ltd, kompanyi igurisha ibitabo, ikanacuruza ibijyanye n’uburezi, yahembewe uruhare rwayo mu guteza imbere umuco wo gusoma no kwandika. Drakkar ltd izatanga udutabo ibihumbi 60.000 tw’inkuru zanditse mu Kinyarwanda ku bigo 300 by’amashuri abanza byo mu ntara y’amajyepfo.

Abarimu bo muri ibi bigo bo bazahabwa amahugurwa ku kwigisha abana uburyo bwo gusoma bifashishije ibi bitabo. Ngo ibi bikazafasha mu kuzamura ubumenyi mu myandikire no gusoma.

Hazabaho n’amarushanwa yo kwandika inkuru eshatu zigenewe abana n’izindi 3 zigenewe abakuru. Ngo izi nkuru zose uko ari 6 nziza kurusha izindi, zirimo eshatu zigenewe abana n’eshatu zigenewe abakuru, zizacuruzwa n’inzu y’ibitabo ya Pearson.

Ngo uyu mushinga uzagaragaza ko hashobora kuboneka ku isoko ryo mu gihugu inkuru nshyashya zanditswe n’abanditsi b’abanyarwanda mu kinyarwanda kandi zigenewe abana.

Gusoma ni inkingi ya mwamba y’Agaciro. Gusoma bifungura imitekerereze, bigafungura roho, n’imitima yacu biyerekeza ku bumenyi bwahindura ubuzima bwacu, ubw’umuryango tubamo n’ubw’igihugu cyacu bukaba bwiza.

Mu rwego rwo gukomeza kwereka abantu ko gukundisha abantu gusoma ari umushinga ubyara imari Drakkar ltd, ikomeje guhamagarira abantu kujya bakunda gusura, amasomero no gukangurira abantu gusoma mu miryango yabo.

Banahamagarira buri wese kugira uruhare mu irushanwa rizaba umwaka utaha, ryo kwandika inkuru zo gushyira muri ibi bitabo.

Hejuru ku ifoto : Umuyobozi wa Drakkar Ltd, Lydie Hakizimana ari mu bubiko bw’ibitabo bw’isosiye ayobora (foto : grdpartners.org)

IBITEKEREZO
Congratulations Lydie, nkunda charisme yawe, ushobora kuba utanzi ariko njye ndakuzi kandi hari igihe njya nkurota nubwo mba ndyamanye na madamu wanjye. Biranshimishije kandi komereza aho uri inyamibwa !
Musubize19.09.2012 saa 00:21
Bernard
Komeza utsinde Rwanda , kuko ufite abagutabarira bagatahukana ishema mu Rwababyaye. Tukurinyuma kuko nabatoya baharanira kumva nabo bahorakwisoga mukugutaka nokuguhesha icyubahiro wahoranye kandi nubu ntashidikanya ko uzagikomeza kabone niyo batabishaka, ndavuga babandi bahora bifuza ko wakongera ugatabaza. Humuraaaaaaaa ntibizongera ukundi.
Musubize18.09.2012 saa 08:58
MASO Siras
Wow !It's wonderful !That is RWANDA !!!!
Musubize18.09.2012 saa 04:49
RWANDAISE
Congratulations mama,urakeye ushobora kuba wagira umutima mwiza
Musubize18.09.2012 saa 03:06
incuti
umusingi witerambere ni abana bateguwe neza bakunda kwiga kandi bibyigishwe, turashimira abantu bose barimo kugererageza kugarura umuco wo gukunda gusoma, kubara kwandika.Big up
Musubize18.09.2012 saa 02:31
Herve
Lydie ndamuzi arabishoboye kandi akunda aka kazi cyane. Congratulations Madam.
Musubize18.09.2012 saa 01:45
Rwinkusi

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!