IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Mu guhanga imirimo, Ecole de Sciences de Gisenyi izahagararira Uburengerazuba


Yanditswe kuya 25-09-2012 - Saa 02:08' na IGIHE

Rubavu : Ikigo cy’amashuri yisumbuye Ecole de Sciences De Gisenyi cyo mu karere ka Rubavu mu Ntara y’Uburengerazuba nicyo cyatsindiye guhagararira iyi ntara n’amanota 80% mu irushanwa ribera mu gihugu hose, ku biganiro mpaka bigamije gushishikariza urubyiruko rwo mu mashuri makuru na za kaminuza kwihangira umurimo.

Muri iri rushanwa ryakomereje i Rubavu kuwa Gatandatu tariki ya 22 Nzeri 2012, Ecole de Sciences De Gisenyi yaje ku mwanya wa mbere, itsinze Groupe Scolaire De Rambura Garçons yagize amanota 79% mu kiciro cya nyuma cy’ijonjora, nk’uko akanama nkemurampaka kari gahagarariwe na Teta Sandra, wahagarariye u Rwanda mu Buholandi mu marushanwa nk’aya, yabitangaje.

Ibindi bigo byari muri aya marushanwa ku ikubitiro mu Ntara y’Uburengerazuba ni Groupe Scolaire Notre Dame d’Afrique na Ecole de Lettres de Gatovu byasezerewe mu kiciro cya mbere cy’ijonjora cyamaze iminota 40.

Umuyobozi ushinzwe amasomo muri Ecole de Sciences de Gisenyi, ari nacyo kigo cyakiriye iri rushanwa mu Burengerazuba, yishimiye iki gikorwa, ndetse avuga ko agiye kongerera abanyeshuri be umwanya wo kugirana ibiganiro mpaka.

Iri rushanwa rigamije kurema mu rubyiruko umuco wo kwihangira umurimo, gushishikariza urubyiruko kwishakamo ibisubizo kuruta kujya kubishaka ahandi, no gutekereza vuba ugafata umwanzuro ufatika kandi udahubutse, nk’uko Ishimwe K. Dieudonné, umuyobozi wa Rwanda Inspiration Back Up yabitangaje.

Ecole de Sciences de Gisenyi ihagarariye Intara y’Uburengerazuba ije ikurikira Groupe Scolaire Notre Dame de Lourdes, izahagararira Intara y’Amajyepfo na Sonrise High School izahagararira Intara y’Amajyaruguru.

Iri rushanwa, ryatangiye ku itariki ya 8 Nzeri 2012, rizakomereza mu Ntara y’Iburasirazuba mu Karere ka Rwamagana kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 30 Nzeri.

National Young Entrepreneur’s Debate Championship 2012, ni irushanwa ryateguwe n’Ikigo Rwanda Inspiration Back Up hamwe na Smile Rwanda, ishyirahamwe rya ba nyampinga ba za kaminuza zose zo mu Rwanda, ku bufatanye n’Inama Nkuru y’Igihugu y’Urubyiruko.

Ni Inkuru ya Jean Claude Kabengera

IBITEKEREZO
iki kiri muri bimwe mubitekerezo byagakwiye gufasha abanyeshuri ndetse nurwanda rwose kuko nikimwe mubizafasha abanta bari kwiga ubu ko twe twarangije iki nikibazo kidukomereye
Musubize25.09.2012 saa 06:33
kiki
mutubwire igihe bibera ikigali ngo natwe tuzage kureba
Musubize25.09.2012 saa 03:11
bahati
iki nicyo kintu cyaburaga murubyiruko rurangiza muri iki gihe.gusa ndishimye kuko noneho nibiba umuco bizafasha bensi da.
Musubize25.09.2012 saa 03:08
jean

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!