IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Gatsata:Mukashyaka Josiane yatwikiwe na muramu we


Yanditswe kuya 19-10-2012 - Saa 11:24' na Emmanuel Kanamugire

Ahagana mu rukerera rwo kuwa 18 Ukwakira, mu mudugudu wa Mpakabavu, Akagari ka Nyamabuye mu murenge wa Gatsata, Mukashyaka Josiane yatwikiwe na muramu we Rutayisire Francois, Imana ikinga ukaboko ntigagira uwo umuriro uhitana.

Iyo nkongi y’umuriro ntawe yahitanye usibye ko Mukashyaka yahiye igituza arwana no kuzimya amarido n’imisego byari byafashwe n’umuriro.

Nk’uko twabitangarijwe na Mukashyaka, nyirabayazana w’ikibazo ni murumuna we Musengimana Claire ari na we mugore wa Rutayisire Francois wari umaze igihe yarahukaniye iwe.

Rutayisire yaje muri uru rugo asaba indangamanota y’umwana yazanywe na nyina, Mukashyaka aramukingurira ngo ayimushakire. Mu gihe yinjiye mu cyumba kuyishaka, Rutayisire ngo yakinguye idirishya nka bumwe mu buryo bwari kumufasha gusohoza umugambi we, ariko undi ntiyamenye ibyabaye.

Amaze guhabwa indangamanota, yabanje kwanga gusohoka, nyir’urugo avuze ko agiye guhamagara Polisi, yemera gusohoka agira ati “nta kabuza uyu munsi abana banjye ndabagira impfubyi”.

Nyuma ngo Mukashyaka yinjiye mu nzu afite ubwoba atekerereza murumuna we wari wasinziriye ibibaye, bamara umwanya baganira, baza gufatwa n’ibitotsi.

Mukashyaka yakomeje avuga ko hafi mu rukerera, ari bwo yikanze kubera urumuri rudasanzwe mu nzu arabyuka, ahurirana n’uko amarido n’imisego yo mu ntebe byafashwe n’inkongi y’umuriro. Mu gihe yarwanaga no kuzimya uwo muriro yahiye mu gituza n’amabere.
Uwakoze iryo bara, basanze yari yateretse ikijerikani kirimo lisansi cyabyaye uwo muriro, kuri rya dirishya yafunguye batabizi.

Ndagiyinshongore Abu Bakar, umuyobozi w’Umudugudu wa Mpakabavu, yadutangarije ko ubugizi bwa nabi nk’ubu butari busanzwe mu mudugudu wabo.

Yongeyeho ko uwahohotewe atagize ubushishozi kuko yemeye gukingurira muramu we mu gicuku, kandi azi ko acumbikiye umugore we bashwanye.

Rutayisire François na Musengimana Claire bafitanye abana babiri ariko kubera kutumvikana barashwanye yahukanira kwa mukuru we.

Ibi byabaye umugabo wa Mukashyaka adahari kuko ngo ubusanzwe akorera mu gihugu cya Uganda.

IBITEKEREZO
nukuri birababaje !!! ubwose umugambi mubisha ko atawugezeho byamumariye iki ? yewe ntawarubara ingo zikigihe zifite ibibazope kabone niyo waba ukunda gusenga, satani arakora kandi akorera mubantu akanabakoresha gusa bihangane
Musubize20.10.2012 saa 02:35
maman
nukuri birababaje !!! ubwose umugambi mubisha ko atawugezeho byamumariye iki ? yewe ntawarubara ingo zikigihe zifite ibibazope kabone niyo waba ukunda gusenga, satani arakora kandi akorera mubantu akanabakoresha gusa bihangane
Musubize20.10.2012 saa 02:35
maman
Ndunva ubugizi bwanabi bukomeje kwiganza mumiryango,Imana ishimwe ko ntawapfuye , nkigitekerezo nduva abayobozi bagomba gushiraho gahunda yo guhugura cg se kugira Inama imiryango kuko ngo kwikingiza biruta kwivuza ,ntamuntu uvuka arumugome ahubwo byose biterwa nibyo yahuye nabyo. By m.clemence
Musubize19.10.2012 saa 13:33
mcleme1988@gmail.com

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!