Mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Ngarama Akagari ka Nyarubungo, haravugwa ikibazo cya bamwe mu bayobozi b’inzego z’imidugudu babuza abaturage bayoboye kujya mu kazi gasanzwe, ngo kubera ko baba batatanze amafaranga yo kubaka amashuri y’uburezi bw’ibanze.
Aba baturage batangaza ko ibi cyane cyane bikorwa n’abayobozi bo muri za komite z’imidugudu aho ngo usanga basabwa gutanga ayo mafaranga, uyabuze akimwa zimwe muri serivisi agenerwa n’amategeko, nko gufatwa igihe baremye amasoko ndetse n’aberekeza mu kazi ka buri munsi bakabibuzwa kugirango babanze batange ayo mafaranga.
Ku murongo wa telefoni, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngarama Ndayisenga Jean Claude, yatangarije IGIHE ko Ubuyobozi bw’Umurenge ayoboye bwateganyije ko gutanga amafaranga yo kubaka aya mashuri, byatoranyijwe n’abaturage bityo ngo kuva ku kiciro cya mbere kugeza kucya kabiri bo bakaba basabwa gukoresha amaboko aho gutanga amafaranga badafite.
Ku kibazo cy’uko hari bamwe mu bayobozi b’inzego z’imidugudu baba batubahiriza aya mabwiriza, Ndayisenga yagize ati “Koko nta byera ngo de, burya iyo ufite abantu batandukanye usanga hakirimo abakora amakosa kandi nyamara bose baherewe hamwe inyigisho.”
Ndayisenga Jean Claude yasoje aburira bamwe mu bayobozi bagitatira amabwiriza bahabwa n’inzego zo hejuru zo guha abaturage serivisi nta yandi mananiza ko bagiye guhagurikirwa, kandi ngo uzafatwa hari serivisi yimwe umuturage, akaba azahanwa bikomeye.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu James Musoni aherutse gutangaza ko nta nta muturage ugomba kwimwa servisi kubera ko hari ibyo ataratanga, ahubwo ko abayobozi bakwiye kujya basobanurira neza abaturage gahunda baba bashaka kubagezaho.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
EFOTEC yatanze inkunga ya miliyoni 3 ku bapfakazi ba Jenoside
19.05.2013 |
|
Rubilizi : Abaturage basuye urwibutso ahari urusengero rwiciwemo abatutsi 15,000
19.05.2013 |
|
Yagerageje guha umupolisi ruswa afatanywe urumogi
19.05.2013 |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |