Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gitsura Ubuziranenge(RBS) buratangaza ko u Rwanda rushyize imbere ubuziranenge bw’ibikorerwa mu nganda z’imbere mu gihugu, kuruta gukora byinshi bifite ibibazo.
Umuyobozi mukuru wa RBS Dr Mark Cyubahiro Bagabe ati ‘’Mu Rwanda hari uguhanga udushya twinshi mu nganda nto n’iziciriritse ndetse no mu buhinzi n’ubworozi. Ibicuruzwa biba byakorewe mu Rwanda byose bigiye ku masoko bidakemangwa twabona iterambere ryihuse.’’
Ibi Bagabe yabivuze kuwa gatatu tariki ya 29 Kanama 2012 , ubwo yatangizaga amahugurwa y’umunsi umwe agamije kongerera abanyamakuru ubumenyi mu bijyanye n’ubuziranenge.
Bagabe avuga ko gushyira imbaraga mu buziranenge ari bimwe mu byagize uruhare mu iterambere rya bimwe mu bihugu.
Atanga urugero rw’igihugu cy’u Busuwisi kizwiho kugira inganda zikora ibintu bifite ubuziranenge bwo mu rwego rwo hejuru. Ngo isaha ikorerwa mu Busuwisi igura amafaranga menshi kuruta izindi saha zikorerwa mu nganda za bimwe mu bindi bihugu, kuko iyo saha iva mu Busiwisi iba ifite ubuziranenge bwo hejuru.
Umukozi muri RBS Bahati Alexis abona ko kugira ngo intego y’ubuzirange igerweho abanyarwanda bakwiye kwinjiza ubuziranenge mu muco wabo.
Ati ‘’Nk’uko mu muco nyarwanda habamo kirazira, abanyarwanda bakwiye kugira imyumvire y’uko gukora ibintu bitujuje amabwiriza y’ubuziranenge na byo ari kirazira.’’
Bahati avuga ko mu banyarwanda hari ikibazo cy’imyumvire ikiri mike, kuko benshi batarumva ko ari byiza gukora bike bifite ubuziranenge kuruta gukora byinshi bifite ibibazo.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Yagerageje guha umupolisi ruswa afatanywe urumogi
19.05.2013 |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari muri Afurika
18.05.2013 |
|
Abagize Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga barasabwa kubakorera ubuvugizi
18.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |