Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, yatangaje ko mu gihe kitari gito Umujyi umaze uri kuvugururwa, ikigezweho noneho harimo kuwugira Umujyi utoshye.
Muri iyo gahunda yo kuwugira Umujyi utoshye harimo gutera ibiti by’imitako, indabo, ibiti bivangwa n’imyaka hazamurwa ubuhinzi n’ubworozi.
Umuyobozi w’Umujyi wa kigali, Fidele Ndayisaba yatangaje ibyo kugira Umjyi utoshye muri Hotel Umubano kuri uyu wa 14 Nzeri, mu muhango wo gusoza ibikorwa umushinga Umujyi wa Kigali waterwagamo inkunga n’Umujyi wa Roma mu Butaliyani mu rwego rwo guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi mu Mujyi no mu nkengero zawo.
Uyu mushinga washyizwe mu bikorwa ku bufatanye n’umuryango FAO usanzwe uzobereye mu bijyanye n’ubuhinzi n’ubworozi.
Mu nama yari yitabiriwe n’abafite aho bahuriye n’ubuhinzi n’ubworozi mu turere tugize umujyi wa Kigali, abahagarariye amakoperative mu turere, abafatanyabikorwa b’Umujyi nka Minisiteri y’Ubuhinzi n’ubworozi, Banki y’Igihugu y’Iterambere(BRD) n’intumwa z’umuryango FAO hashyizwe ku mugaragaro ibyagezweho kuva mu mwaka wa 2003, kuva umushinga watangira kugeza ubu.
Ndayisaba yatangaje ko mu byagezweho harimo kunoza imirire y’abaturage hashyirwa imbere uturima tw’igikoni, ubworozi bw’amatungo magufi, ubworozi butanga amata, gukwirakwiza ibiti byera imbuto ziribwa n’ibiti bivangwa n’imyaka.
Muri iyi gahunda ibishanga bya Gatenga, Nyabugogo, Mushumbamwiza na Rwanzekuma byaratunganyijwe hanakorwa imiyoboro imeze neza mu gishanga cya Kinyinya, mu kuzamura ubuhinzi n’ubworozi. Hiyongeraho guhura amakoperative y’abahinzi n’aborozi bongererwa ubushobozi mu mikorere.
Umuyobozi w’Umujyi avuga kandi ko mu rwego rw’isuku y’Umujyi hatewe ibiti by’umurimbo, indabo n’ibindi bikorwa bigamije kubungabunga ibidukikije.
Mu gihe iyo uvuze ubuhinzi n’ubworozi mu mujyi wa Kigali usanga hari abantu batumva ko hari aho gukorera, haracyari ibice by’inkengero z’Umujyi n’ibishanga bigize 75% y’Umujyi wa kigali hakorerwa bene iyi mirimo.
Mu cyiciro kigiye gukurikiraho ibizakorwa Ndayisaba yasobanuye agira ati : « ahantu hose hari ubutaka bwambaye ubusa hagomba guhingwa imboga n’imbuto bizanira abaturage amafaranga, kugira ngo imirire mibi icike. » Umyobozi kandi asaba ko hatakwibagirana n’ubworozi bw’amatungo magufi nk’inkwavu, inkoko.
Nk’uko Baudoin Wilfried, impuguke mu muryango FAO mu bijyanye no gutunganya imijyi yabitangaje ibikorwa byo gukora imijyi itoshye byegamiye inkingi zigera kuri 5 harimo gukwirakwiza amazi no gusaranganya ubutaka, abagenerwabikorwa bakabigiramo uruhare rungana.
Uruhare rw’abaturage rukaba ari ugukurikiza inama z’abayobozi n’impuguke zishinzwe kubafasha no gukoresha neza inyongeramusaruro baba bahawe.
Umushinga w’ubuhinzi n’ubworozi mu mujyi no mu nkengero zawo wari ugamije kongera imirimo hagamijwe kugabanya ubukene no kunoza imirire myiza kuri bose.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
EFOTEC yatanze inkunga ya miliyoni 3 ku bapfakazi ba Jenoside
19.05.2013 |
|
Rubilizi : Abaturage basuye urwibutso ahari urusengero rwiciwemo abatutsi 15,000
19.05.2013 |
|
Yagerageje guha umupolisi ruswa afatanywe urumogi
19.05.2013 |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |