Ubwo Minisitiri w’Uburezi Dr. Vincent Biruta mu ntangiriro z’iki cyumweru yasobanuriraga abadepite umushinga w’itegeko ryo guhuza Kaminuza n’amashuri makuru bya Leta bikaba Kaminuza imwe y’u Rwanda, yavuze ko iki gikorwa kizajyana no kugabanya abakozi kuko ubu Kaminuza n’Amashuri Makuru birimo abakozi benshi bitewe n’uko buri shuri rifite ubuyobozi bwaryo na gahunda zaryo, ariko bikazaba bikorwa n’umuntu umwe.
Kaminuza imwe igamije kuzamura ireme ry’uburezi no kunoza imikorere. Iki gitekerezo cyaturutse mu mwiherero w’abayobozi wabaye muri Gashyantare umwaka wa 2011, aho bavuze ko ari mu rwego rwo kongerera ubushobozi ibigo bya za kaminuza n’amashuri makuru.
Abadepite babajije Minisitiri Biruta impamvu mu mushinga w’iri tegeko nta hantu hagaragara ibisanzwe bizwi nk’amashami (faculties) ndetse n’impamvu kaminuza izayoborwa n’umuntu umwe uzaba yitwa Chancellor aho kuba Rector nk’uko byari bisanzwe, asubiza ko uretse n’izina ry’umuyobozi ahubwo n’amazina y’ibyari bimenyerewe nk’amashami na byo byahinduriwe amazina.
Minisitiri yavuze ko ibyitwaga amashami bizafata amazina akurikira : Kaminuza izaba igizwe n’ibyo bise colleges esheshatu na zo zibe zigabanyijemo amashuri (schools) ; amashuri azaba agizwe n’udushami (departements). Buri college izajya iba irangwamo icyigwa kimwe nk’ubuganga, ikoranabuhanga, uburezi n’ibindi.
Kaminuza y’u Rwanda izaba ihuriwemo na Kaminuza nkuru y’u Rwanda (NUR)’ Ishuri rikuru ry’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga rya Kigali (KIST) ; Ishuri rikuru Nderabarezi rya Kigali (KIE) ; Ishuri rikuru ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (ISAE) ; Ishuri rikuru ry’Icungamutungo n’Amabanki (SFB) ; Ishuri rikuru ry’Umutara Politechnic n’Ishuri rikuru ry’Ubuzima rya Kigali (KHI).
Izaba ifite umuyobozi umwe witwa Chancellor, yungirijwe na Vice Chancellor ari na we ufatwa nka Recteur. Za college zizaba ziyoborwa n’abitwa Principal naho amashuri ayoborwe n’aba Dean mu gihe udushami two tuzahagararirwa n’abayobozi batwo (head of department).
Icyicaro cy’iyi Kaminuza Nkuru y’u Rwanda kizaba kiri i Kigali. Izahuriza hamwe abanyeshuri bagera ku bihumbi 32.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
London : Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari muri Afurika
18.05.2013 |
|
Abagize Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga barasabwa kubakorera ubuvugizi
18.05.2013 |
|
Kigali : Urusimbi rwamuriye moto ya Miliyoni imwe, none ararira ayo kwarika
18.05.2013 |
|
Kigali : Abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye barinubira ibihano byo gukubitwa inkoni
18.05.2013 |
|
Ese koko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi bizajya bikorwa nyuma y’imyaka itanu ?
18.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |