Mu gihe mu Karere ka Kayonza hari kubakwa uruganda ruzajya rutunganya toni 200 ku munsi za soya, Minisitiri w’Intebe Dr. Habumuremyi Pierre Damien, arasaba abaturage batuye Intara y’Iburasirazuba guhinga soya nyinshi kugirango bahaze uruganda bahawe.
Ibi Habumuremyi yabisabye kuri uyu wa Kane tariki ya 14 Werurwe 2013, ubwo yatangizaga igihembwe cya kabiri cy’ihinga ; kikaba cyatangirijwe mu Mudugudu w’Imanzi, Umurenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana.
Rwamagana ikaba yarateganyije hegitari 970 zagenewe igihingwa cya soya mu gihe Intara y’Iburasirazuba yose yateganyije hegitari 13,000 zizahingwaho soya.
Minisitiri Habumuremyi akaba yasabye abaturage ko bagomba guhinga bashishikaye kugirango amafaranga azajya akoreshwa mu kugura soya atazajya abacika akigira ahandi. Akaba yanibukije abatuye mu gihugu gufatanya imirimo y’ihinga no kurwanya isuri, guhinga bagamije kubona umusaruro mwinshi ndetse no kwirinda kotsa imyaka
Yagize ati “ Niba dushaka kubaho neza, niba dushaka agaciro tugomba gushyira imbaraga mu buhinzi n’ubworozi”
Abayobozi bo mu Ntara y’Iburasirazuba basabwe gufatanya n’abaturage bagahuriza umugozi umwe, kugirango bagere ku iterambere rirambye.
Ngamije Xaver uhagarariye site y’abahinzi bo mu Mudugudu w’Imanzi na Bwiza yatangarije IGIHE ko bishimiye gahunda yo gihinga soya, dore ko ngo byagaragaye ko muri icyo gice icyo gihingwa kihera.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Yagerageje guha umupolisi ruswa afatanywe urumogi
19.05.2013 |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari muri Afurika
18.05.2013 |
|
Abagize Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga barasabwa kubakorera ubuvugizi
18.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |