Perezida w’Umuryango IBUKA wita ku bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, Dr Dusingizemungu Jean Pierre, avuga ko ibijyanye n’icyo IBUKA ikora ku kibazo cy’indishyi ku bacitse ku icumu rya Jenoside bizagira icyo bivugwaho nyuma y’uko impapuro zijyanye n’iki kibazo zizaba zamaze gushyikirizwa Perezida wa Repubulika.
Dr Dusingizemungu avuga ko IBUKA yamaze gusaba ko hajyaho ’task force’ yakwiga ku kibazo cy’indishyi, igatanga icyerekezo gifatika abantu bagiye baganiraho birambuye nk’uko byagiye bigararagara mu gukemura ibindi bibazo.
Mu muhango wo gusoza iminsi 100 y’icyunamo wabereye i Nyanza ya Kicukiro Tariki ya 15 Nyakanga, Perezida wa IBUKA yabwiye abari aho ko hari ababareba nabi iyo bavuze ku ndishyi zigenewe abacitse ku icumu ku byaha bakorewe.
Yagize ati "Iyo dutangiye kubivuga hari abatureba ikijisho ; tuzajya tubivuga mu kinyabupfura ariko tuzahora tubivuga."
Aha yizezaga ko n’ubwo igisubizo ku kibazo cy’indishyi cyatinze ariko kizaboneka, gusa bikaba bisaba gutegurwa no kunguranwaho ibitekerezo mu buryo buhagije.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Yagerageje guha umupolisi ruswa afatanywe urumogi
19.05.2013 |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari muri Afurika
18.05.2013 |
|
Abagize Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga barasabwa kubakorera ubuvugizi
18.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |