Abayobozi bakuru ba Polisi y’u Rwanda bakiriye imibiri y’abapolisi 2 baherutse gupfira mu butumwa bw’amahoro bari bagiyemo muri Haiti.
NK’uko bigaragara ku rubuga rwa polisi dukesha iyi nkuru ku itariki ya 30 Nzeri rwari rwatangaje ko Sgt Hassan Bisangwa yarashwe na mugenzi we Aloys Nsengiyumva ku bw’impanuka mugihe bari ku irondo rya nijoro mu mujyi Jeremie muri Haiti.
Amaze kubona ko arashe mugenzi ku itariki ya 19 Nzeri, Aloys Nsengiyumva yahise abura, nyuma nawe aza kuboneka yapfuye ku itariki ya 23 ariko batazi icyamwishe nk’uko tubikesha urubuga alterpress.org itangaza iby’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe amahoro muri Haiti” Minustah“.
Sgt Bisangwa Hassan w’imyaka 34 yasize umugore n’abana babiri. Yagiye mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Haiti mu Kuboza 2011.



















TANGA IGITEKEREZO