IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Imodoka eshatu zibasiwe n’inkongi y’umuriro mu Gatsata


Yanditswe kuya 25-07-2012 - Saa 06:33' na IGIHE

Imodoka zigera kuri eshatu zibasiwe n’inkongi y’umuriro mu magaraje akorera mu ishyirahamwe "Icyerekezo" mu Murenge wa Gatsata. Abakorera muri ayo magaraje bavuga ko byatewe n’ipoto y’umuriro (ibyuma by’amashanyarazi) yagize ikibazo ita ibishashi by’umuriro bikongeza imodoka zari mu magaraje.

Ubuyobozi bwa EWSA bwo buvuga ko iyo nkongi yatewe n’urusinga rw’umuriro ruturuka mu igaraji rujya mu rindi runyuze munsi y’amabati.

Imodoka zigera kuri eshatu ndetse n’ibikoresho byifashishwa mu bukanishi bw’imdodoka nibyo byibasiwe n’inkongi y’umuriro biragakongoka mu ijoro ryakeye ahagana mu ma saa munani .

Polisi y’Igihugu yaje gutabara aho hakoreshejwe imodoka zabugenewe mu kuzimya umuriro, abakozi bakorera muri ayo magarage bavuga ko icyo kibazo cyatewe ni poto yaturitse ibishashi byayo bigatwika imodoka.

Nubwo aba bakozi bavuga ko EWSA ibifitemo uruhare, umuyobozi wa EWSA ishami rya Muhima Habyarimana Paul avuga ko EWSA ntaruhare ibifitemo.

Aya magarage akorera mu ishyirahamwe Icyerekezo ntabwishingizi afite kuburyo yakwishyurwa. kugeza ubu ntacyemezo kirafatwa kugirango abangirijwe imodoka zabo bishyurwe .

Ubuyobozi bwa EWSA kuri icyo kibazo buvuga ko nyuma yisuzuma bari gukora nibasanga ari bo bateye icyo kibazo bazishyura ariko nibasanga ari banyiri magaraje babiteye nibo baziyishyurira abakiriya babo.

Orinfor

IBITEKEREZO
Bubake bave mugukorera mu kajagari. Ese uwabaza ubuyobozi bwa koperative Icyerekezo ikibananiza kubaka uko byateganijwe babona igisubizo. Ubuyobozi bwa koperative harageze busabe kwegura kuko nta competance bufite, kuko nimikorere yabwo ntisobanutse neza. Ahubwo hakorwe isuzuma (Audit) mumaguru mashya ku mikoreshereze y ' amafaranga y 'imisanzu y' 'abanyamuryango. Bugaragaze uko amafaranga yagiye y' injira nuko yagiye asohoka nicyo yagiye akora kuva koperative yashingwa. Naho ubundi wapi !!!
Musubize26.07.2012 saa 05:26
Mutaba
ewsa niko yabaye
Musubize25.07.2012 saa 07:39
philippe
Barashaka cash !!
Musubize25.07.2012 saa 02:06
cc

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!