IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Inkubi y’umuyaga yibasiye Akarere ka Bugesera


Yanditswe kuya 21-10-2012 - Saa 04:35' na James Habimana

Imirenge itandukanye yo mu karere ka Bugesera yibasiwe n’inkubi y’umuyaga aho amazu, amashuri n’imyaka byatwawe ku buryo bukomeye.

Amenshi mu mazu yibasiwe n’iyi nkubi y’umuyanga ngo usanga ari ayubatswe ariko ugasanga hatarakoreshejwe uburyo bwo kuyarinda umuyaga nko kuzirika ibisenge bityo umuyaga ugakumirwa.

Iyi nkubi y’umuyaga yibasiye cyane abatuye Akagari ka Gakamba umurenge wa Mayange aho amazu arenga 102 harimo n’ay’abaherutse kwimuka muri nyakatsi bo muri uyu murenge.

Nsabimana Jean de Dieu umwe mu bahuye n’iki kiza, yavuze ko habanje kuza imvura nyinshi ivanze n’amahindu ndetse n’urubura ku buryo ngo baketse ko imperuka igeze.

Yagize ati “Mu gihe twari mu nzu, twabonye imvura itangiye kugwa bityo dukomeza kuba maso kuko twabonaga bikomeye. Nyuma twahisemo gusohoka mu nzu turiruka, ku bwamahirwe tumaze kugera hanze nibwo igisenge cy’inzu cyagurutseho.”

Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Bugesera ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Narumanzi Léonile yasabye abaturage bubaka kujya bita ku kuzirika amazu yabo kandi bakongera ibiti kugira ngo bikumire ingufu z’umuyaga."

Ibi ngo n’ubundi abaturage bari baratangiye kubikangurirwa, ahubwo ngo bigomba kongerwamo imbaraga.

Indi mirenge yibasiwe n’iyi nkubi y’umuyaga, irimo Nyamata ahasenyutse 9, Musenyi 2, Ntarama 1 na Juru inzu 1.

Abakozi ba Minisiteri y’Imicungire y’Ibiza n’Impunzi bahise bajya gusesengura ibyangiritse kugira ngo bazabashe gufasha abaturage bahuye n’icyo kiza.

IBITEKEREZO
mwihangane mwebwe abanyabugesera turi abana banyu kandi n'ubwo turi mumahanga turabasengera
Musubize21.10.2012 saa 11:20
sebabumbyi emmanuel
Twifatanyije n'imiryango yahuye nibiza byimvura ,kandi abantu twese dukwiye kubaha umuganda wabafasha kubasanira kugirango babone aho bikinga buri wese uko ashobojwe.
Musubize21.10.2012 saa 05:29
habibu inshalaa
turashimira leta y'u rwanda uko itabara abahuye nibiza nkabiriya rwose abahuye nicyo kiza nabo gufashwa no mumurenge wa ngeruka mukarere ka bugesera kuyuwa 12.10.2012 imvura yasenyeye imiryango 12 mukagari ka murama ubu ntaho bahereye nabo leta izabibuke kuko barihanze.
Musubize21.10.2012 saa 05:14
mukampunga m.therese

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!