Kuri ubu kwinjira cyangwa kujya gusengera mu itorero rya UCC Niboye riherereye ku Kicukiro, ni ukubanza ukanyorwamo n’ibyuma bishinzwe kugenzura abitwaje ibyateza umutekano muke aho Topsec ari yo ifite aka kazi.
Nk’uko IGIHE yabitangarijwe n’Umuyobozi Mukuru w’itorero rya UCC Niboye (United Christian Church), Bishop Rwandamura Charles ubwo twamubazaga ku byerekeranye n’iri sakwa ritamenyererwe mu matorero yo mu Rwanda, yatangaje ko iteraniro ryabo ryakira abantu b’ingeiri nyinshi, mu ruhare rw’umutekano w’Igihugu bituma urwo rusengero rucungirwa umutekano.
Bishop Rwandamura ati “Abantu bahaza bose ntitubazi ariko hateranira abarenga ibihumbi bitanu ku Cyumweru. Yaba umutekano, yaba Gacaca, zaba Intore, yaba buri kintu cyose ubona, ibikorerwa mu gihugu byanditswe muri Bibiliya. Kuko iyo tugiye muri Yobu 2, havuga ko aho Imana yari iteraniye n’abari bayisanze na shitani yari ihari.”
Akomeza ati “Aho duteranira byose birahari, tubanze turebe hirya no hino, bibwa amaterefone, bibwa amasakoshi, uwakora nk’icyo rero yakora n’ikindi. Gusa ntabwo ari ukuvuga ngo hari intwaro twahabonye cyangwa ikindi.”
Avuga ko Sosiyete ya Topsec isanzwe ari imwe mu zirinda umutekano mu gihugu, ariyo ibafasha mu kurinda umutekano w’uru rusengero muri rusange aho igomba kuzana ibyuma bisaka abantu n’ibindi bituma hirindwa ihungabana ry’umutekano n’ubwo anavuga ko na mbere yaho nta hungabana ry’umutekano ryabagaho.
Itorero UCC rifite amatorero hirya no hino aho muri Uganda rifite amatorero 434, rikagira andi muri Kenya na Tanzaniya.
Mu Rwanda ngo hari amashami make muri yo akomeye ni atatu aho irihagarariye andi yose ariryo UCC Niboye rya Kicukiro rihagarariwe na nyirubwite Bishop Rwandamura Charles, irya Gikondo riyoborwa n’umugore we Pastor Rwandamura Margret, naho irindi rya Kabuga riyoborwa na Pastor Moses Bagambe.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
EFOTEC yatanze inkunga ya miliyoni 3 ku bapfakazi ba Jenoside
19.05.2013 |
|
Rubilizi : Abaturage basuye urwibutso ahari urusengero rwiciwemo abatutsi 15,000
19.05.2013 |
|
Yagerageje guha umupolisi ruswa afatanywe urumogi
19.05.2013 |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |