00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Jenerali Ibingira ntiyahunze ahubwo yasubijwe mu kazi - MINADEF

Yanditswe na

NTWALI John Williams

Kuya 16 April 2012 saa 08:01
Yasuwe :

Nyuma y’amezi atatu yuzuye neza Abajenerali batatu n’umukoroneli umwe bahagaritswe ku mirimo yabo bakanafungirwa mu ngo zabo, uyu munsi umwe muri bo yasubijwe ku mirimo ye, batatu bafatirwa ibindi byemezo.
Lt General Fred Ibingira niwe wasubijwe ku mirimo ye nk’Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, mu gihe Brigadier Gen Rutatina na Colonel Dan Munyuza bo batasubijwe ku mirimo yabo, ariko bakaguma mu Gisirikare mu gihe iperereza ku byo baregwa rigikomeza.
Nk’uko bitangazwa n’umuvugizi w’Ingabo (…)

Nyuma y’amezi atatu yuzuye neza Abajenerali batatu n’umukoroneli umwe bahagaritswe ku mirimo yabo bakanafungirwa mu ngo zabo, uyu munsi umwe muri bo yasubijwe ku mirimo ye, batatu bafatirwa ibindi byemezo.

Lt General Fred Ibingira niwe wasubijwe ku mirimo ye nk’Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, mu gihe Brigadier Gen Rutatina na Colonel Dan Munyuza bo batasubijwe ku mirimo yabo, ariko bakaguma mu Gisirikare mu gihe iperereza ku byo baregwa rigikomeza.

Nk’uko bitangazwa n’umuvugizi w’Ingabo Gen Joseph Nzabamwita, Brigadier General Wilson Gumisiriza we yakorewe dosiye ishyikirizwa ubushinjacyaha bwa Gisirikare, akazakurikiranwa n’inkiko zibifitiye ububasha.

Mu itangazo ryasohotse kuri uyu wa mbere ryashyizweho umukono n’umuvuguzi w’ingabo z’u Rwanda, Brig. Gen. Nzabamwita Joseph ritangaza ko iperereza rigikorwa ku byaha byakozwe.

Rikomeza ritangaza ko Lt. Gen. Fred Ibingira asubira mu mirimo ye nk’Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, Brig. Gen. Richard Rutatina na Col. Dan Munyuza bazitaba ubuyobozi bw’ingabo mu gihe Brig. Gen. Wilson Gumisiriza we azashyikirizwa ubushinjacyaha bwa Girikare ngo hakomeze iperereza ku bindi byaha akekwaho.

Aba basirikare bafungiwe mu ngo zabo kuva kuwa 17 Mutarama 2012, ubwo bakekwagwaho kugira imyitwarire mibi irimo "indisicipline" no gukorana ubucuruzi butemewe n’abasivile, bukorerwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.

Lt. Gen Ibingira ntiyigeze ahunga

Amakuru yakwirakwije na zimwe mu mbuga za Internet yemezaga ko Fred Ibingira yaba yarahunze kuwa gatandatu nijoro, tariki ya 14 Mata 2012. Mu kiganiro Brig. Gen. Nzabamwita yagiranye na BBC kuri uyu wa mbere yahakanye ko Lt. Gen Fred Ibingira yaba yarahunze, avuga ko izo ari impuha zidafite ishingiro. Yagize ati: “Ariko ibyo ni ibihuha ibyo nkubwira ni uko aba officers bacu bahari bageze ku kazi, bari mu ngo zabo, ... izo mbuga ni izitangaza ibihuha uraza gusanga ari ibyo dusanzwe tuvuga ko ari abatangaza ibihuha, Ibingira ari mu kazi ke bisanzwe abatangaza ibihuha sinzi aho babivana, ni ababa bifuriza u Rwanda inabi gusa”.

Mbere y’uko bahagarikwa, Lt. Gen. Fred Ibingira yari Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, ari nawo mwanya yasubijweho, Brig. Gen. Richard Rutatina yari akuriye iperereza mu Gisirikare (DMI), Gen. Wilson Gumisiriza yari akuriye ingabo z’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba (Western Division), naho Colonel Dan Munyuza yari akuriye iperereza ryo hanze y’igihugu.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages