Mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, haravugwa ikibazo cy’ubujura bugeza n’aho bakura ekuteri (ecouteurs) mu matwi y’umuntu bakazitwarana na telefoni.
Uwitwa Dancilla wibwe mu ijoro ryo ku wa mbere ushize, ati “Umujura nka saa sita z’ijoro yaje mu cyumba cya Mama, avuyemo aza mu cy’iwanjye, atwara imyenda y’umwana na telefoni.”
Ikibazo cy’ubujura abatuye muri uyu murenge bavuga ko kimaze gufata indi ntera. Mazimpaka Grace, ni umwe mu batuye Kabarondo. Avuga ko bakekeranya ko aba babiba bashobora no kuba batera imiti, kuko hari umuntu baherutse kwiba telefoni na ekuteri zayo zari ziri mu matwi ye ari nijoro.
Ubu bujura bwiganjemo ubukorerwa mu ngo nijoro, nk’uko Alexis utuye mu Kagali ka Kabajwa akaba anashinzwe Imibereho myiza y’Abaturage mu Kagali ka Rusera abivuga. Ati “Baje ari nijoro bantwara igare rya siporo, telefoni, imiguro ibiri y’inkweto, basaka imfunguzo z’ibiro barazitwara, n’izo mu rugo barabijyana.”
Abaturage bavuga kandi ko ababiba ari nk’abishyize hamwe bakajya bakora uyu mwuga utaramara igihe kinini ukorwa, kuko ngo ibi bikorwa byakajije umurego mu byumweru nka bitatu biheruka muri Kabarondo.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
EFOTEC yatanze inkunga ya miliyoni 3 ku bapfakazi ba Jenoside
19.05.2013 |
|
Rubilizi : Abaturage basuye urwibutso ahari urusengero rwiciwemo abatutsi 15,000
19.05.2013 |
|
Yagerageje guha umupolisi ruswa afatanywe urumogi
19.05.2013 |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |