IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Kaminuza Carnegie Mellon yo muri Amerika yatangije amasomo mu Rwanda


Yanditswe kuya 26-08-2012 - Saa 02:08' na IGIHE

Kaminuza ya Carnegie Mellon yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Kuri uyu wa Gatanu yatangije amasomo yayo bwa mbere mu Rwanda ku rwego rw’icyiciro cya Gatatu cya Kamuza(masters). Uwo muhango wayobowe na ministiri w’uburezi Dr Vincent Biruta, wasobanuye ko kuba iryo shuri rifunguye imiryango bizateza imbere ubukungu cyane ko ari ishuri ry’inzobere mu ikoranabuhanga.

Iyi Kaminuza itangije amasomo nyuma y’igihe gito ifunguye ishami ryayo mu Rwanda. Biteganijwe ko izatangirana n’abanyeshuli 26 ubwo izaba itangiye amasomo kuri uyu wa mbere.

Ministre w’uburezi Dr Vincent Biruta wayoboye uwo muhango yavuze ko iyo kaminuza izagira uruhare runini mu guteza imbere ubukungu bw’igihugu cyane cyane mu bijyanye n’ikoranabuhanga. Dr Biruta yagize ati « CMU ni ishuri rikuru rikomeye cyane muri Amerika mu birebana n’ikoranabuhanga, inyungu rero tubonamo si uguha abanyeshuri gusa si no kubafasha kwiga muri iri shuri, ahubwo kurigira mu Rwanda na EAC bizagira akamaro”.

Yakomeje avuga ko iri shuri ritazazana n’amasosiyete y’ikoranabuhanga kugira ngo abashe gukorana n’abanyeshuri.

Abanyeshuri bashimiye leta y’u Rwanda ingufu yashyize mu gutangiza iri shuri bavuga ko iyi ari indi ntambwe ndetse n’ikimenyetso cy’uko leta y’u Rwanda ikomeje gushyira ingufu mu bikorwa by’ikoranabuhanga nk’imwe mu nkingi y’iterambere ry’igihugu. Umwe mu bazakurikira amasomo muri iryo shuli, Niyodusenga Jean Pierre yavuze ko kuryigamo bizamufasha kwihangira umurimo kandi ko bizanateza igihugu imbere.

Umuyobozi w’iryo shuri ,Professor Bruce Krogh yavuze icyo bifuza ari umubare munini w’abanyeshuri ndetse baturutse mu bindi bihugu by’umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba. Prof Krogh yagize ati « Turifuza ko tugira umubaro munini w’abanyeshuri ndetse baturutse mu bihugu byo mu muryango wa Afurika y’ i Burasirazuba, kandi ibyo tumaze dukomeje kubivuganaho na ministeri y’uburezi turifuza ko habaho ubukangurambaga kugira ngo abantu barusheho kumenya iri shuri. Ariko icyangombwa turashaka abanyeshuri. »

Carnergie Mellon, ni imwe muri Kaminuza zikomeye muri Leta Zunze z’Amerika mu kwigisha ibijyanye n’ikoranabuhanga. Mu mwaka ushize ryaje ku mwanya wa 12 muri kaminuza 50 zikomeye zigisha amasomo yikoranabuhanga. Abanyeshuri baziga igihe kingana n’amaze 16 bahabwe impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza.

Inkuru ya Orinfor

IBITEKEREZO
Nifuzaga kumenya ese ubaye warize andi masomo atagyanye nikoranabuhanga urugero nki cunga mari wemerewe kwiga muri iyo kaminuza namafaranga umuntu yakwishyura. murakoze
Musubize27.08.2012 saa 02:28
Gordon
Ko mutatubwiye uko bishyura n'ibindi bisabwa kugira ngo umuntu yige muri iyo Kaminuza ? Mwagombye kutubwira izo details zose !
Musubize26.08.2012 saa 04:27
Ji
Burya nawe byaba byiza ugiye ushyiraho akawe...
26.08.2012 saa 07:29
Jil
http://www.cmu.edu/rwanda/faqs/index.html
26.08.2012 saa 07:30
jil

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!