IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Karongi : Gitifu wa Murambi yahagaritswe ku mirimo ashinjwa urugomo mu baturage


Yanditswe kuya 15-10-2012 - Saa 02:16' na IGIHE

Nyuma y’aho uwari umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murambi, Ndindabahizi Protais, ahagarikiwe by’agateganyo na komite nyobozi y’akarere kubera amakosa yamugaragayeho, harimo n’urugomo mu baturage, inama njyanama y’akarere yemeje iryo hagarikwa.

Protais Ndindabahizi, wari umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murambi, yahagaritswe by’agateganyo n’ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi kubera amakosa yamuvugwagagaho. Intandaro y’iki cyemezo ni ukuba yarakubise umuyobozi w’ikigo cy’amashuri yisumbuye ya Mubuga, ku itariki ya 3 y’ukwezi kwa cumi 2012, bari hafi kwitegura umunsi mukuru w’abarimu. Yari amusanze mu kabari, baterana amagambo bivamo no kumukubita. Abaturage bemeza ko uyu muyobozi w’ikigo cy’amashuri yakubiswe fer à beton. Banemeza ko atari uyu gusa uyu muyobozi yari akubise.

Nsanzabaganwa Emile, umuyobozi w’inama njyanama y’Akarere ka Karongi, avuga ko uyu Ndindabahizi koko yasagariye umuturage, akaba yarafatiwe ibyemezo. Ngo njyanama yemeje igihano nyobozi yari yamufatiye.

Abajijwe ikiri gukorwa ubu usibye guhagarikwa ku mirimo ye, Nsanzabaganwa Emile, avuga ko n’inzegoz’umutekano ziri kubikurikirana.Ubu, uyu murenge, by’agateganyo, uyobowe na etat civil, nk’uko amategeko abiteganya.

Orinfor

IBITEKEREZO
Njye mbona uwasesengura inyandiko y'uwitwa ILDEPHONSE ya bona ntacyo yasobanuye.None se ko umunyamakuru avuga ko ari umuyobozi wishuri rya mubuga kdi akongeraho ko ari gitifu wa Murambi wamukubise ikibazo kirihe ?Ese ubwo ishuri ryisumbuye ritangirira he ?simbona rifite O'level=TC Ese rirangirira he ? Ese uwa 9YBE niwe ukwiriye gukubitwa ? usesenguye igitekerezo cye wasanga atari agamije kwa magana abayobozi b'irengangiza indangagaciro n'akirazira byagombye kubaranga.Ariko uriya Gitifu icyemezo yafatiwe byari bikwiye ahubwo basuzume nibindi.
Musubize16.10.2012 saa 03:05
kiwi
Mwiriwe, ariko hari abasomyi nshaka kwibariza, niba uwo gitif muvuga koko wa gicumbi yarabikoze, inama njyanama ntiheza, mwasaba inama ko niterana iziga kuricyo kibazo, mugomba kumenya ko abayobozi babereyeho , abaturage.Abavuga ko bashaka bagitif bakababura, hari nomero ku turere zitishyura, uhamagara, mwazikoresha, akagari, n ;umurenge muri Karongi service ushaka ugomba kuyitahana. Ku karere, service yose ushaka iyo wujuje ibisabwa nihagati ya masaha 24 na 36, iyo ugize ikibazo umenyesha umuyobozi w'akarere agahita akirangiza, iyo umukozi atabyubahirije, arabihanirwa. Ariko niba abaturage twifuza service nziza tugomba no kugira uruhare mu kwanga izo baduhaye mbi mu cyinyabupfura, kandi abaziduhaye tukabavuga. Muge muvuga ababaha service mbi, noneho mugaye ubuyobozi butagize icyo bubikoraho.Murakoze.
Musubize15.10.2012 saa 09:21
eric
uyu BARYANINGWE Silas, wo muri Rubavu ikibazo hari inzego nyinshi yakigezaho kandi kigakemuka, azahamagare 0785832456 akibagezeho bazamufasha cyangwa bamugire inama uko cyakemuka. Murakoze
Musubize15.10.2012 saa 08:48
Prosper
None se ko muri Gicumbi naho hari Gitifu witwa Ndejeje Pascal wirukankanye umudamu w'abandi akavunika ubu akaba ri mu bitaro bikaba byaravuzwe ku maradiyo menshi agakingirwa ikibaba ubwo we ntiyagombye kugenda ndetse n'abamukingiye ikibaba bose bakajyana. Aha aba bahungu rwose baje nabi ubanza ari ya majipe babaguriye abagize ibitangaza.
Musubize15.10.2012 saa 08:15
Petero Kayira
abagitifu barembeje abaturage abo mu tugari ho ni akumiro kandi ni hose wagirango hari uwabibatumye. impamvu ni ugutinda hantu cyane bigasa n'aho ari akarima kawe. bahawe imodoka barushaho kwishongora nyamara kandi ababakuriyr bafite n'umushahara kubaruta usanga bicisha bugufi ku baturage bakabegera babainginga. bamuhane n'abandi barebereho.
Musubize15.10.2012 saa 08:13
Amrani
Abayobozi nkabo bakwiye guhanwa byintarugero
Musubize15.10.2012 saa 07:35
Ami
Abayobozi ko numva bongeye kubizana ? Iby'inkoni na fer à beton twari tumaze kabiri ! Ariko pe nubu bamwe ntibarumva ko ari umuturage bahagarariye ? Ese nk'ubwo umunsi umwe natwe duhawe uburenganzira bwo kubakubita (ntibikabeho ariko) mwajya he, ko amafuti yanyu muzi uko angana ?!
Musubize15.10.2012 saa 07:29
Mahoro Jack
Mwiriwe abasomyi bikinyamakuru igihe.com uyu muyobozi siwe ubikora wenyine nuko ariwe wagaragaye uwadukiza uwitwa RUCAKABUNGO PASCAL President wanjyanama w'Umurenge wa RUBAVU akarere ka RUBAVU yaratuzonze aherutse kubwira umukuru wa LOCAL DEFENSE akubita umu BEMOB amukura amenyo amubwirako ntawe umufungwa ngo amurinyuma ngo ihagarariwe ningwe aravoma mubyukuri amaze kumukura amenyo yagiye kumurega nyuma arafatwa arafungwa uyu muyobozi azenguruka mu bakire bose bo mumurenge ayoboye abasaba guteranya amafaranga yo gufunguza uwo Local defense kandi twarayatanze nanyje ndimo atubwirako ariwe uyobora umurenge nubwo atari Exectif ariko ashyiraho uwashatse akamukuraho igihe cyose abyifuza kandi niko bigenda rwose njye yageze naho antereta kuzamugurira isambu arimo kunyga umusaza witwa MURENZI akoresheje mwene wabo nyabuneka bayobozi mubishinzwe mutabare turashize nkuyu muturage yarabatsinze ariko uyu muyobozi yambwiyeko bagiye kujurira i MUSANZE kandi ngo agiye gutanga ruswa kugeza batsinze uyu musaza ngo bamunyage ivuko rye kuko ari itongo rya sekuruza nase yasigaranye uyu muyobozi twabuze icyamudukiza ariko uwiteka si umukene azamudukiza sinzi niba ubu butumwa harubishinzwe ubusoma ngo bakurikirane ikibazo cyuyu musaza murakoze kubo bireba.
Musubize15.10.2012 saa 07:17
BARYANINGWE Silas
Ubu se uyu gitifu nawe ni intore ra ,Rucangu (president )w'itorero ry'igihugu nasubize ba Gitifu bose mu ngando ,babanze babigishe icyo umuntu aricyo bazagaruke bamenye agaciro k'umuturage
Musubize15.10.2012 saa 07:08
kk
Uwakubitira.....gusutama....Gitifu we, erega tuko mtelemuko ! Ubanza wowe ugihondagura abayobozi bagenzi bawe utazi aho twerekeje ! Abo urimo guhondagura nawe ejo bazaba bakubaza accountability ! Ntuzagire uwo witakana ngo yaragutumye ! Wenda baguhaye imodoka ariko ntibakubwiye kujya guhondagura abo uyobora ! Kenyera zikurye ! C'est le commencement de la fin !
Musubize15.10.2012 saa 05:07
Gey
Rucakabungo arakabije wagira ngo Leta niye . Leta izakurikirane ibibanza amaze kugurisha byayo ah............................
23.10.2012 saa 12:38
mariguha
Nyamara gukubita umuturage mu gihe tugezemo nibashaka babireke.N'iyo yaba yagututse cyangwa aguciriye mu maso uzamureke ukore icyo amategeko ateganya.Abaturage namwe mwubahe abayobozi.Ab'inzego z'ibanze agaciro kabo nakamenye ndimo gushaka ibyemezo by'imitungo ubundi nari ntarakamenya urabashaka ukabira icyuya ubundi bakakubwira ko bari mu nama bataboneka.Inama 04 mu cyumweru ??? Ntibyoroshye. 2013 IS COMING
Musubize15.10.2012 saa 04:16
2013iscoming
Murashaka kuvuga ko yategekaga i Murambi hahoze ari kwa Gatete ? Si njye wahera.
Musubize15.10.2012 saa 03:49
Kwelikweli
uwo yakubise ni umuyobozi wa Groupe scolaire Mubuga( 9YBE) NTABWO ARI umuyobozi w'ishuri ryisumbuye rya Mubuga. Ishuri ryisumbuye rya Mubuga riba mu murenge wa Mubuga NTABWO ARI MURAMBI.
Musubize15.10.2012 saa 03:23
ILDEPHONSE
N'ubwo ari mu w'undi murenge ntibishatse ko atamukubise
15.10.2012 saa 06:42
jd
uwo yakubise ni umuyobozi wa Groupe scolaire Mubuga( 9YBE) NTABWO ARI umuyobozi w'ishuri ryisumbuye rya Mubuga. Ishuri ryisumbuye rya Mubuga riba mu murenge wa Mubuga NTABWO ARI MURAMBI.
Musubize15.10.2012 saa 03:23
ILDEPHONSE
Uwo mugitifu ko numva agaruye iby'Interahamwe ra ! Gukubita umuntu fer a beton ni danger kabisa. Ahubwo niba badahise bamufunga arirenza batanu, dore aho nibereye !
Musubize15.10.2012 saa 02:47
mushyitsi
twamaganye abakorera ku gitugu ntabwo ari uko bayobora abaturage
15.10.2012 saa 03:37
muhongerwa esperance

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!