IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Kicukiro : Harimbanyije amarushanwa y’imikino mu rwego rwo kwizihiza imyaka 25 ya FPR


Yanditswe kuya 26-08-2012 - Saa 23:47' na IGIHE

Tariki 26 Kanama 2012 ni bwo hatangiye amarushanwa ategura isabukuru y’imyaka 25 y’Umuryango FPR Inkotanyi aho mu karere ka Kicukiro amajonjora ubu ageze kure.

Ku basiganwa ku magare, yatangiriye ku rwego rw’akagari aho uwabaye uwa mbere ari Byiringiro Erneste wagenze ibirometero 50 mu isaha 1h 18 min 04 sec 53.

Aya marushanwa yitabiriwe n’abanyonzi 12 baturutse mu tugari twa Kamashashi na Nonko maze aba mbere 2 baba abo mu kagari ka Kamashashi.

Nk’uko umwe mu bateguye aya marushanwa, Rusanganwa Augustin abitangaza, ngo aya marushanwa azakomeza ku rwego rw’umurenge aho abazaba aba mbere bazakomeza kugeza ku rwego rw’igihugu.

Si aya marushanwa yonyine gusa yatangiye ahubwo hatangiye n’imikino y’umupira w’amaguru ku bahungu n’abakobwa na bo baturuka muri utwo tugari twavuzwe hejuru.

Inkuru dukesha NTWARI Albert

IBITEKEREZO
oya ntabwo amakinamico arimo ! harimo,inyandiko ya page eshanu, imivugo,indirimbo y'umuntu ku giti cye cyangwa itsinda ry'abantu 10, amatorero Ndangamuco,isiganwa ry'amaguru,isiganwa ry'amagare. Insanganyamatsiko igira itya : IMIYOBORERE MYIZA ,UBUKUNGU N'AGACIRO BY'ABANYARWANDA' reka nsubize uwabajije aho Ubwiyunge aho bugeze ?ruswa aho igeze ? Ibyo byose wibajije urabisanga muri iyo nsanganyamatsiko
Musubize28.08.2012 saa 01:57
rutaganda
FPR INKOTANYI ! Hari benshi iryo zina ryibutsa ubutwari, hari benshi ryibutsa kurokoka, hari benshi ryibutsa iterambere, hari benshi ryibutsa urupfu rubi, hari benshi ryibutsa akarengane, hari abo ryibutsa guhora, hari abaryibukiraho ibyiza bagiriwe, hari abaryibukiraho ibibi bagiriwe. Hari abayumva bagahumurizwa, hari abaryumva bagahahamuka... Hari abaribonamo icyizere cy"ejo hazaza, hari abaribonamo intangiriro y"amakuba bazamarana igihe kirekire. Bose mbifurije isabukuru nziza, nanjye nzayihimbaza hamwe namwe nibuka ko IMANA ARI YO NKURU, ko iyakaremye ari yo ikamena, ko nta gahora gahanze, ko nta joro ridacya, ko na nyina w"undi abyara umuhungu, ko urucira muka so rugatwaranyoko, ko iminsi iteka inzovu mu rwabya, ko wirukana umugabo kenshi ukamumara ubwoba, ko utazi ubwenge ashima ubwe, ko uwishe ababi yamaze abeza, ko Imana irebera imbwa idahumbya, ko nta mwiza wabuze inenge, ko akanwa karya ntiwumve kavuza induru ntiwumve, ko uguhiga ubutwari mutabarana, ko nta murozi zabuze umukarabya, ko ahatari umwaga uruhu rw"imbaragasa rwisasira batanu, ko urukundo rurusha imbaraga urupfu, ko wambariza Imana ku ishyiga ikagusiga ivu, ko ubupfura buba mu nda, ko utabusya abwita ubumera, ko utanigwa agira ngo ijuru riri hafi, ko umwera uturutse ibukuru bucya wakwiriye hose, ko udutoki tubiri ari ukunabana, ko ababiri bajya inama baruta umunani urasana, ko n"i Nyagasambu rirema, ko gushaka ari ugushobora, ko uguhima atiretse agira ati turwane, ko uguhishe ko akwanga nawe umuhisha ko ubizi, ko utunga undi urutoki eshatu zikureba, ko kami ka muntu ari umutima we, ko uwububa abonwa n"uhagaze, ko nta muzindutsi wa kare watashye ku mutima w"undi, ...... n"ibindi byinshi namwe muzi. Aha hakubiyemo ubushishozi na experience y"abakurambere bacu babyitegereje kandi bagasanga ari ukuri mu bihe byose. Mwitegereje neza iyi myaka duhimbaza, ibi byose mubisangamo. MU YINDI MYAKA 25 ITAHA TUZAHIMBAZA KO BYOSE BIZASHIRA HAGASIGARA URUKUNDO. Nzaba mpari nanjye kandi kuzaba kubibutsa gusa kuko muzaba mwarabibonye.
Musubize27.08.2012 saa 15:47
nirere
ni byiza cyane kutugezaho aya makuru ese amakinamico nayo azitabira ? mudufashe mutubwire.
Musubize27.08.2012 saa 11:49
fils
Ni byiza kwishimira ibyo ishyaka FPR rimaze kugeraho kuruta kwishimira imyaka ishyaka rimaze, bazatwereke ubumwe n'ubwiyunge bugeze he ? kurwanya ruswa bigeze he ? gutanga Service nziza bigeze he ? kurwanya nkunzi n'icyenewabo bigezehe ?, Guca ubuhunzi ?, ubworoherane n'ibindi ? mu myaka 25 umuryango ubayeho. Kuko nizo zari intego nyamukuru z'umuryango. Ikindi bafata bate abatari mwishyaka na rimwe kubera guhahamurwa n'ibyamashyaka yakoze ? cyangwa imyizerere, abo bubahwa gute batiswe ibyo batari byo.
Musubize27.08.2012 saa 02:17
Leo
Umukanda ? muzilinde gusesagura !!! ibyishimo byinshi sibyiza
Musubize26.08.2012 saa 23:57
kk

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!