IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Kigali : Abagenzi basanga gare ariyo yabakemurira ibibazo by’imodoka


Yanditswe kuya 9-07-2012 - Saa 09:57' na Marie Chantal Nyirabera

Abagenzi bategera ahabigenewe mu mujyi wa Kigali baratangaza ko bifuza ko ibikorwa byo kubaka Gare byakwihutishwa, bakabasha kubona imodoka zerekeza mu byerekezo byose ziri hamwe, kubero ko ikibazo cy’ibura ry’ imodoka gikomeje kubagora mu masaha yo gutaha.

Mu mpera z’iki cyumweru ubwo baganiraga na IGIHE, bavuze ko imodoka zitaboneka uko babyifuza kandi harabayeho ubwumvikane na sosiyete zigera kuri enye zizajya zitwara abagenzi ziberekeza mu bice bitandukanye by’ umujyi wa Kigali.

Amakuru dukesha radiyo yigenga ikorera mu Mujyi wa Kigali mu kiganiro yagize ku kibazo cyo gutwara abagenzi kuri uyu wa mbere tariki 9 Nyakanga , abantu bagarutse ku bibazo byinshi bigaragara mu kubona imodoka, bifuza ko impande zombi ari Leta na sosiyete zitwara bantu zashyira imbaraga muri iki kibazo n’amasezerano yasinywe agakomeza kubahirizwa.

Abantu batari bake batangaje ko zimwe mu modoka zitwara abagenzi ziberekeza mu mirongo zigenewe gutwara mo abagenzi, rimwe na rimwe ngo zibageza mu nzira, ibi bigatuma abagenzi bongera gutega bakanagera aho bagiye bakerewe.

Bamwe mu bashoferi bavuga ko bifuza gukorera mu duce tumwe na tumwe tw’ umujyi wa Kigali ari uko imodoka nto zidahari ngo barwanire abagenzi, bityo ngo bakajya babona abagenzi bagarukana mu Mujyi. Hari n’abatangaje ko hari uduce tugoye kubona abagenzi bityo bagahitamo kwanga gukorera ku mirongo bahawe gutwaramo abagenzi.

Iki kibazo gikomeje guhangayikisha abagenzi mu gihe amasezerano yo gutwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali yasinywe vuba aha adakurikijwe nk’uko byemejwe n’amategeko.

IBITEKEREZO
ABATUYE SEJEMU N'ABANYESHURI BA SFB BARATABAZA Kubera sanse inike y'umuhanda wo mukanogo, abantu ba sejemu, bava mujyi cg nyabugogo baviramo ku kirezi aho kubanyuza kuri electrogaz. baratabaza polisi ko yashira icyapa kemeza abashoferi kunyura mu muhanda w'igitaka unyura impande ya electrogaz.
Musubize9.07.2012 saa 04:07
######

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!