IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Kigali : Amakosa y’umwe mu bashinzwe kugenzura abamotari yateje impanuka


Yanditswe kuya 12-07-2012 - Saa 17:19' na Abdou Nyampeta

Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri, tariki ya 10 Nyakanga 2012, muri Quartier Matheus, mu Murenge wa Nyarugenge mu mujyi wa Kigali rwagati habereye impanuka, aho umumorati yagonze umugore wagendaga n’amaguru ahita ajyanwa kwa muganga.

Nkuko ababinbonye babivuga, iyo mpanuka yatewe n’uko mwe mu Nkeragutabara (Sécurité moto, abo ni babandi bashinzwe kugenzura imikorere y’Abamotari), yaguye gitumo Umumotari ahagaze, uyu ahita yiruka bityo agonga umugenzi wigenderaga.

Uyu ni umwe mu babibonye, utarashatse ko izina rye ritangazwa, aravuga uko byagenze agira ati :’’ Ni kwa kundi Umumotari aparika, noneho bano bashinzwe umutekano bagahita baza bafata. Bamuguye gitumo ahita akata niho yagiriye ikibazo. Kandi aba bantu barabikunda, nanjye byambayeho hari uwari untwaye baramufata ndagwa. Aba bantu bagira amakosa bazanabibabwire uziko wanapfa.’’

Uyu nawe n’uwabibonye agira ati‘’Afite moto ifite icyapa, yambaye na jiret iriho inimero ni gute yabacika ? Moto ntiguruka mu kirere, igendera ku butaka. Inabacitse ntibaterefona Police igashakishwa ? Ariko njywewe angongeye umugore yambona. Nanjye yarangushije naramwubashye gusa. Ariko koko ubundi moto igenda ku butaka yabura gute ?’’

Muneza Egide, Perezida wa Koperative COTAMOGI (Coopérative de Taxi Moto de Giticyinyoni), yatangarije ati :’’Umutwe w’Inkeragutabara washyizweho n’inzego za Leta zemewe, ugamije kudufasha kubungabunga umutekano hagati y’Abamotari. Ufite akamaro. Ibyo byabaye ni kwa kundi haba umuntu wifitiye amaraso ahubuka, afite umutima mubi ku giti cye. Ibyo ntibigomba kwitirirwa Umutwe wose. Twe icyo dukora ni uguhora tubakangurira ko bagomba kurangwa n’umutimanama’’.

Akomeza avuga ko buri gihe iyo bakoranye inama nabo, babibakangurira. Kandi ubu bagiye kongera kuvugana n’abakuriye uwo mutwe ndetse n’amakoperative y’abamotari, kugira ngo iyo myitwarire yamaganwe.

Hagati aho umugore moto yagonze yahise ajyanwa kwa muganga. Nubwo nta gikomere kigaragara inyuma, ababibonye bo bemeza ko yababaye.

IBITEKEREZO
Ikibazo mfite nuko umuntu moto isigaye imusiga kwarubangura ajyiye kuri Simba,cg ntube wahagarika moto uri st famille ngo ibe yagutwara mbona ataruko byakagombye kwitwango nugukemura ibibazo kdi ari ukudukerereza
Musubize13.07.2012 saa 06:39
gogo
Erega nange ndi umunyamasisi, ntungireho ikibazo !!!!
Musubize13.07.2012 saa 02:47
Ayabagabo
Ikibazo ni uko bavuga ko bashinzwe kubungabunga umutekano ahubwo ugasanga aribo bawangiza, muzarebe uko irondo risigaye rikorwa aho abasirikare batari, birababaje, imyitwarire yabo ntakigenda
Musubize13.07.2012 saa 02:42
Kayumba
Mubahigire hasi kubura hejuru(!!! )Ngo abamotari ? Mwazasezereye Samee Husein ko ariwe uzana izo moto ?! Imisoro izikomokaho se nayo tuzayirengeshwa ?!!!! Birakabije rwose ! Aba bantu ngo ni inkeragutabara ikizabavamo tuzagifatisha amenyo yo mu nzasaya zombi !
Musubize13.07.2012 saa 02:35
Rwanyandekwen
iyimikorere ntabanga ririmo ntihwitse namba ejo taliki ya 12/07/2012, niboneye uburyo bafata moto buteye impungenge yaramutaye mu modoka. ntibita kubantu batwawe baza nkagaca gafata inkoko mbese biteye impungenge.
Musubize13.07.2012 saa 01:52
ngobuzo
Muracyazijonjoramo izo mudashaka ?!
Musubize13.07.2012 saa 01:38
 ?!?!!!
niba inzego za leta arizo zahyizeho izo nkeragutabara ubwo LETA nivuze uwo mugore. naho abamotari bo ntiwabarenganya ku kuko bahigwa na benshi. kugeza n' ubwo umugenzi umurebye cyane yikanga ko ari inkeragutabara
Musubize13.07.2012 saa 01:28
kampore
Ko nibuka neza ko nashyize igitecyerezo aha, cyaba cyanyonzwe simbimenye se bagenzi ? Munca intege ariko nzakomeza mbitange tu !
Musubize12.07.2012 saa 22:54
Zamda
Ariko se babafatira iki ? Inkeragutabara naherukaga ari abavuye kurugamba(basezerewe mu ngabo z'igihugu n'aba FDRL) None se babaye aba TRAFFICS ? Aka kavuyo k'inkeragutabara kagombye guhagarara. Ni igisebio ku gihugu. Ariko ubundi iyo umuntu asezeye mu ngabo z'igihugu azigarukamo ate ? Iyi nkeke ndabona twese twarayemeye nka bimwe byo guhebera urwaje ! Ariko rero bamwe bakunda kubaza Perezida ibibazo bagombye kuzagishyira ku rutonde rw'ibyihutirwa.
Musubize12.07.2012 saa 13:08
Rwanyandekwen

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!