Mu rwego rwo korohereza no gufasha abagenda Umujyi wa Kigali kutayoba, inzu yo ku muhanda yashyizweho ibyapa biyaranga bijyanye n’umuhanda zegeranye.
Ubusanzwe imihanda y’Umujyi wa Kigali yagiraga ibyapa biyiranga, urugero : KG bivuze Kigali Gasabo, KN bivuze Kigali Nyarugenge na KK bivuze Kigali Kicukiro, hagakurikiraho nomero y’umuhanda n’urwego uwo muhanda urimo. Urugero KN 1 RD, bivuze ko uri ku muhanda Kigali Nyarugenge nomero ya mbere, umuhanda munini. KN 27 ni ukuvuga ko inzu zose zifata kuri uyu muhanda ibyapa biziranga bizaba bifite nomero igaragaza umuhanda zubatseho.
Bimwe mu bimenyetso by’iyi mihanda, ni nka Rd, ubarwa nk’umuhanda munini ushobora guhuza Umujyi wa Kigali, Intara n’ikibuga cy’indege.
Av : (Avenue) bivuze umuhanda muremure ariko uhuza indi mihanda iri munsi y’umuhanda munini twabonye haruguru.
St : (Street) Iki cyo ni ikimenyetso cy’ufatwa nk’umuhanda muto unyura hagati mu nyubako z’abaturage (muri quartier).
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Fidele Ndayisaba, avuga ko gushyira ibyapa ku mihanda no ku mazu, bigiye kurushaho gusobanurira abagenzi kurusha uko byari bimeze mbere, ati “Niba ushaka kubonana n’umuntu, ushobora kumubwira ko utuye ku nzu KN 27 st 1, bivuze ko atuye ku nzu ya 27 ku gahanda ka Kigali Nyarugenge.”
Fidel Ndayisaba kandi avuga ko ibi byapa byo ku nyubako bihabwa umuntu wishyuye amafaranga ibihumbi 12, ariko bikazajya bishyirwa ku zegereye imihanda. Ni ukuvuga izijyanye n’igishushanyo mbonera cy’Umujyi wa Kigali, ahandi hatarabonerwa igishushanyo, ho hakazategereza igihe hazatunganyirizwa.
Minisitiri w’ibikorwaremezo, Prof Silas Luakabamba, yatangaje ko mbere wasangaga imihanda idakurikiranye uko byakagombye bigatera abantu urujijo, ariko ibyashyizweho byakurikije uko imihanda ikurikirana.
Prof Luakabamba avuga ko niba umuntu avuze ko ari ku muhanda wa 19, undi ari kuwa 18 bivuze ko bagiye kubonana kuko bari mu mihanda ikurikirana.
Biteganyijwe ko igikorwa cyo gushyira ibyapa ku nyubako zo mu Mujyi wa Kigali kizamara amezi ane, aho bizakorerwa ku zirenga ibihumbi 26. Abaturage basabwa kubyitabira kuko uzarenza aya mezi, azacibwa amande y’amafaranga ibihumbi icumi.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Byimana : Inkongi y’umuriro yongeye kwibasira ikigo cy’ishuli
20.05.2013 |
|
Kigali : Hafunguwe urubuga ruzajya rufasha abantu kubona ibyangombwa byo kubaka
20.05.2013 |
|
Turkish Airlines igiye gutangira ubwikorezi bw’imizigo mu ndege izahuza Kigali n’indi mijyi
20.05.2013 |
|
Geneva : MIDIMAR yitabiriye inama mpuzamahanga yo kurwanya ibiza
20.05.2013 |
|
CHUK : Kugabanuka kw’amafaranga y’abaganga, ingaruka kuri serivise
20.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |