Nyuma y’iminsi itari mike mu Ishyirahamwe ry’amatorero y’Abapantekoti mu Rwanda (ADEPR), Komite yanenzwe imikorere, igusimburwa nyuma y’uko Ikigo gishinzwe imiyoborere babandikiye bahagarikwa ku mirimo, kuri uyu wa Gatanu ku itariki ya 21 Nzeri, Komite nshya yahawe imfunguzo.
Abapasiteri bagize ubuyobozi bukuru bwa ADEPR, bateraniye ku cyicaro cyayo gikuru ku Kimihurura, hakorwa ihererekanyabusha hagati ya Komite y’inzibacyuho n’icyuye igihe.
Komite nshya ihagarariwe na Pasitori Sibomana Jean watorewe kuba Umuvugizi w’agateganyo wa ADEPR yeretswe imishinga yakorwaga mu itorero ngo izayikomeze.
Komite nshya yamurikiwe n’ibikoresho bitandukanye byakoreshwaga n’abatanze ubuyobozi, harimo ibyo mu biro bakoreragamo, imfunguzo z’imodoka n’ibindi.
Ariko n’ubwo batanze imfuguzo, bafite ikibazo cy’aho bagiye kwerekeza nyuma yo kuva ku buyobozi. Basaba Komite nshya ko yagira icyo ihita ibabwira, ariko ngo bigiye kwigaho, babe bagiye bakomeze umurimo wa gipasitori aho bari basanzwe basengera, bazamenyeshwa nyuma imirimo yindi y’itorero babona bakora.
Pasiteri Usabwimana Samuel wari utegerejwe cyane n’itangazamakuru nyuma y’ihererekanyabubasha yirinze kugira icyo atangaza ati “ntabwo mvugana n’abanyamakuru.”
Umuvugizi wungirije wa ADEPR, Pasiteri Tom Rwagasore aganira n’itangazamakuru yavuze ko icyo Komite y’inzibacyuho yagiyeho igiye gukora, ari ubushakashatsi ku macakubiri yavuzwe muri ADEPR noneho bakayarangiza burundu, bakurikije amabwiriza y’itorero.
Pasitori Rwagasore yongeraho ko iby’ingengabitekerezo mbi yavuzwe mu itorero, bikaba byabaye uruhererekane kuva ADEPR yashingwa, ko na byo bagiye kubikurikirana, bakayihashya bahereye ku rubyiruko.
Komite ishaje n’iyisimbuye babaye nk’abatemeranya ku mvugo yo kweguzwa, kuko Komite nshya igaragaza ko icyabayeho ari uko Leta y’u Rwanda, binyuze mu Kigo gishinzwe imiyoborere (RGB) basuzumye umwuka mubi wavugwaga muri ADEPR, bakandikira abayobozi basimbuwe, babasaba kutaba ku buyobozi bw’itorero.
Umwe mu bapasitori mu bacyuye igihe ati ”aya ni amateka y’itorero ntabwo turangije manda ntabwo twivanyeho …. twaregujwe.”
Umuvugizi mushya wa ADEPR, Pasiteri Tom Rwagasore we nyuma yo guhabwa ububasha yavuze ko abakirisitu ba ADEPR n’abanyarwanda muri rusange bamenya ko nta gikuba cyacitse mu ihererekanyabubasha.
Komite Nyobozi yegujwe ya ADEPR yatowe n’Inteko rusange kuwa 15 Nzeri 2010 manda yagombaga kumara imyaka ine ; Komite yashyizwe y’agateganyo ikaba yarahawe manda y’amezi atandatu kugira ngo ibe iyoboye itorero inategure amatora azakorwa n’Inteko rusange.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
CHUK : Kugabanuka kw’amafaranga y’abaganga, ingaruka kuri serivise
20.05.2013 |
|
Kigali : Inkongi yibasiye akabari
20.05.2013 |
|
Abanyarwanda barasabwa gusura Inzu ndangamurage ya Rwesero
20.05.2013 |
|
Rayon Sports ikeneye kugura abakinnyi barindwi
20.05.2013 |
|
Rwaniro : Hashyinguwe imibiri isaga 3000 y’abazize jenoside yakorewe Abatutsi
20.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |