IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Kumviriza amaterefoni no gusoma emails bizarengera abaturage - Ministiri Fazil


Yanditswe kuya 9-08-2012 - Saa 09:18' na Théogene Ishimwe

Minisitiri w’Umutekano Sheikh Musa Fazil Harerimana aratangaza ko mu itegeko ryo kugenzura itumanaho, ikigamajwe atari uko Leta izajya yumva cyangwa isoma ubutumwa bw’abantu bose buciye mu itumanaho rikoresha ikoranabuhanga, ahubwo ngo itegeko rije kurengera umuturage ngo hatazagira umuntu cyangwa ikigo bamuvogerera itumanaho. Ibi yabivuze mu kiganiro n’abanyamakuru cyo kuri uyu wa Kane tariki 9 Kanama 2012.

Minisiitri Fazil Harerimana avuga ko itegeko rigamije kurinda abaturage kugira ngo haba ibigo bikora ubucuruzi mu itumanaho, ibindi bigo, cyangwa umuntu ku giti cye, hatagira n’umwe wemererwa kuvogera itumanaho hagati y’abantu.

Uko kuvogera itumanaho guhanwa n’iri tegeko ni nko gukoresha ikoranabuhanga umuntu akumviriza ibyo abantu bavuga kuri telefoni, kureba email z’abantu rwihishwa n’ibindi.

Iri tegeko Minisitiri avuga ni iryo kuya 9 Nzeli 2008 ariko muri iyi minsi riri kuvugururwa, rikaba rimaze kwemezwa n’abadepite, risigaje kwemezwa muri Sena ndetse na Perezida wa Repubulika.

Harerimana avuga ko kuvugurura iri tegeko bigamije kuziba icyuho, no gukemura ibibazo byari mu rya 2008 kuko kurishyira mu bikorwa byari biruhije.

Muri iyi minsi abantu benshi bumvaga ko Leta igiye kujya igenzura ibyo abantu bavugira ku matelefone cyangwa bandikirana kuri email, ariko Minisitiri we avuga ko ibyo atari byo, ahubwo ngo itegeko ribuza uwo ari we wese kuvogera itumanaho ry’abantu hagati yabo.

Avuga ko ibigo bicuruza itumanaho birimo MTN, TIGO n’ibindi, bisanganywe ubushobozi bwo kumva ubutumwa hagati y’umuntu uvugana n’undi, ubwo rero ngo hatagiyeho amategeko agenga ibyo bigo, byatuma bikomeza kuvogera itumanaho ry’abaturage.

Harerimana agira ati ’’Itumanaho ry’umuturage ntirigomba kuvogerwa keretse mu bihe by’inyungu z’umutekano w’igihugu nibwo rishobora kugenzurwa’’.

Ariko nubwo nta muntu wemerewe kumviriza cyangwa gusoma rwihishwa ubutumwa bw’abantu hagati yabo, iri tegeko ryemerera inzego z’umutekano kugenzura itumanaho hagati y’abantu iyo bibaye ngombwa.

Minisitiri atanga urugero, iyo abantu bategura umugambi wo kwica undi muntu, bakabikorera kuri telefoni, inzego z’umutekano zizajya mu bigo bicuruza itumanaho zisabe kugenzura ibiri kuvugwa n’abo bantu.

Ariko ntabwo ari buri wese ushinzwe umutekano ushobora kujya mu bigo by’itumanaho kubasaba kugenzura itumanaho ry’abantu, ahubwo Umushinjacyaha wabiherewe ububasha na Minisitiri w’ubutabera, niwe uzajya atanga uburenganzira bwo kugenzura itumanaho ry’abantu ku mpamvu z’umutekano.

Hejuru ku ifoto:Minisitiri w’Umutekano Sheikh Musa Fazil Harerimana :Foto:K2D

IBITEKEREZO
ubundi uko ibi bigenda ahandi, iyo icyaha kibaye hatangwa ikirego, hanyuma hagasabwa ko ukekwaho icyo cyaha ariwe ukorerwa iyumviriza n'ikurikiranwa aho ajya hose, ariko ibyo bihererwa uburenganzira uburengazira na procureur nawe abanje kumva ingingo zitangwa kandi ikirego ari uko gikomeye. Nizere ko ariko bizajya bigenda, aho ntago baba babangamira uburenganzira no kwishyira ukizana. Gusa ntibyaba fair kubona abantu bihaye kujya bakurikirana ibiganiro by'umuntu ku giti cye ngo kuko ushaka kumva ibyo aba avuga nta cyaha cyabaye !
Musubize10.08.2012 saa 09:36
mm
Hanyuma se bwana Minister watubwira ko "gukurikiranwa ho nkumufatanyacyaha umuntu wese wasomye inkuu zitemewe na Leta..." Nabyo ni ukurengera umuturage ??? Ko byo utabivuzeho ukaba uri kuduheza uduha ibisobanura birushijeho kugira urujijo ?? ariko ubwo nta soni mwa bayobozi mwe gufata abanyarwanda bose nk'injiji ?? ni n'agasuzuguro aho bigeze...
Musubize10.08.2012 saa 08:32
nziza
ESE BURIYA ABATURAGE BUMVIRIJE IBYO FAZIL AVUGANA N' UMUGOREWE BYAMUSHIMISHA ??? tekereza fazil ari kubwira umugore we ati madamu uyumugoroba ndataha kare dutere akabariro maze bajya kumva bakumva bari kuri radio abanyarwanda bose babumvirije !!! mbega ikimwaro weee !!!! NONE NGO BAGIYE KUMVIRIZA ABATURAGE, NTITUGAKORERE ABANDI IBYO TUTIFUZA GUKORERWA, KERETSE NIBA MURWANDA UMUTURAGE ARIWE NSINA NGUFI ICIBWAHO URUKOMA
Musubize10.08.2012 saa 05:06
NDAHIRO RUYANGE
Kumviriza telefoni ku bw'umutekano nta kibazo. Gusoma e-mails ku bw'umutekano nta ngorane. Aliko mwibuke ko hari abashobora kwinjira muri e-mail zawe bakohereza ubutumwa bubi. Ndetse no kuri tel byashoboka. Hanyuma ku gusoma ibinyamakuru, naho FAZIL nadusobanurire neza. Ese uzahanwa n'ubisomye cyangwa n'uwabyanditse ?
Musubize10.08.2012 saa 04:46
mwiza
nibyiza gukontrola itumanaho ariko se abazaba babikoramo ntibazamena amabanga y imishinga ?
Musubize10.08.2012 saa 04:02
kaniga
www.agaciro.com
Musubize10.08.2012 saa 02:20
alex
Mbega Vision 2020 ?????? hahahhaa ni agahomamunwa, twari tugeze kure none dusubiye inyuma rero !!!!!
Musubize10.08.2012 saa 02:19
murenzi
Icyo nakwemeza cyo ni uko business y'Isakazabumenyi n'Ikoranabuhanga igiye gusubira inyuma cyane peeee ! Senat izarebe kure !
Musubize10.08.2012 saa 01:29
karorero
jyewe mfite ikibazo bishobotse mwazamutubariza ko batubwiyeko atari kumviriza buriwese keretse abacyekwaho ubugambanyi ese bazabwirwa niki imirongo iriho abagambana batazumvirije zose ? cyangwa bazazumviriza asose nyuma babone uko bumva irimo kugambanirwaho ? icyo ngewe mbona nuko bakora soft noneho imirongo yose igacaho ariko udasobanutse ikagira uburyo iwukuramo ikawubika bityo abo bantu bakabona uko bafatwa. mbega nka cyacyuma gicunga umutekana kukibuga cyindege noneho abo kidaketse kikarekera.
Musubize10.08.2012 saa 00:55
mwiseneza
Bavandimwe, mu gihe iri tegeko ritarasinywa reka tube dutanga ibitekerezo byacu twisanzuye. Njye nirimara gusinywa itumanaho nzarihagarika. Ninshaka kuvugana n'umuntu nzajya mubaza aho namusanga gusa maze njyeyo tuvugane. Muri make companies za telocommunication zizahomba maze hunguke iza transport. Birumvikana ko tuzasubira inyuma kubera gutakaza igihe. Njye natanga inama yo kudasinya iri tegeko.
Musubize10.08.2012 saa 00:55
RUGERO PATRICK
Uyu mutype ashobora kuba atazi kwisobanura cyangwa se yiyemera cyane, kuko ibi byo ntaho bitaba. Ikibazo ni ukumenya ngo ninde ufite right yo kwinjira muri communications z'abantu ? Ni abakuru b'ingabo na polisi gusa nk'uko abivuga cyangwa hano buri wese yivanga mu buzima bw'abandi uko abyumva bitewe n'inyungu runaka ? Umutekano wo ni ikintu gikomeye muvane amarangamutima mu bintu !
Musubize10.08.2012 saa 00:55
citoyen
babwire wenda bakumva bravo
11.08.2012 saa 14:01
babwire wenda bakumva bravo
11.08.2012 saa 14:02
1. Ku nkuru y'ubushize nibutse ko hari uwavuze ngo ayo mafaranga yo gukaza umurego mu kuneka itumanaho, yagurwa CAMERA zigakwirakwizwa mu gihugu, zikajya zifata amashusho y'abagizi ba nabi, ibyo mu bihugu biteye imbere birahari, kandi na nge ndabona ari byo. 2. Kumviriza za tel, n'ubundi byari biriho. Mutangaze n'ibinyamakuru tutazajya dusoma, kuko ubushize MINISTER yabivuzeho. Ese ubundi aho guhana ugisoma, mwahannye uwacyanditse niba aba yakosheje ? Usoma we atangira kugisoma atazi ibirimo, kuko abimenya arangije. Ubwo se akwiye guhanwa koko ? Aho MINISTER naho ahasobanure bihagije abantu basobanukirwe.
Musubize10.08.2012 saa 00:49
big
ikigaragara ni ukujya murinda mobile zanyu kuko amatiku yanyu ni aya kera mukanya umuntu azajya yinyabya avugire amahomvu kuri phone yawe narangiza ati iyi nomero mukurikirane nyirayo arimo aragambanira igihugu , byahe ko ahubwo ashaka kukwambura umwaya .
Musubize10.08.2012 saa 00:36
haguma
Nigeze kumva Perezida Kagame avuga ati :"...Fazil azabazwe ibye, nanjye nzabazwa ibyanjye..."yaganiraga n'abanyamakuru bamubajije ibirebana n'igitekerezo cyari cyadukanywe na Ministri Mussa Fazil Harelimana ko ishyaka rye rya PDI rishyigikiye ko Perezida Kagame yahabwa Mandat itagira iherezo yo kuyobora igihugu cy'u Rwanda ! None kandi Mussa Fazil yongeye gukora indi Percee mu Nteko aho yashoboye kunyura Abashingamategeko mu rihumye ! Ese mama aba badepite bazongera bavuge ko byatewe n'uburangare nyuma yo guteza urujijo muri raporo ku micungire y'umushinga wa Rukarara ?! Gusa na none Ministri Mussa Fazil yagombye guhabwa ikiruhuko muri Guverinoma kuko yaraye atangaje ko nta kintu kidasanzwe yavuze kuko nubundi itegeko ryari risanzweho kuva muri 2008 ! None yari agiye gukora iki mu nteko niba itegeko ryari risanzwe ryanditse ?! Ararye ari menge kuko ashobora kuzasanga yarabaye recorded igihe nawe atazi...!!!
Musubize10.08.2012 saa 00:00
Ibrahim
not a good idea... the people should vote on this... it just feels bad to be on the phone knowing that Fazil is listening... cg gusoma email Fazil yarangije gusoma... there is a limit... hari ukundi surete du territoire ikorwa neza hatajemo amazimwe no kumviriza. igitangaje nuko abatora amategeko nkaya ari nabo bazayazira mbere yacu twese !!!!!
Musubize9.08.2012 saa 23:56
hhhh
I don't know where we are leading, you have to look so far neither you are loosing popularity which is a fundamental of any govt. I'm expert in coding but whatever you do the experts to code your servers using mirror servers or other will be there and you don't know what Human rights is ?
Musubize9.08.2012 saa 20:15
Maestro
Ubwo ba banyamakuru birirwaga batanga amakuru muri UN y'inyoma,ndetse no muri NGO's babeshyera igihugu ;vubaha bagiye kujya kukarubanda ? Amashyaka atavuga rumwe na Leta akayo karashobotse ? Abac'inyuma y'abagore babo n'abagabo babo bagiye gukanirwa urubakwiye ? Gusoma ibinyamakuru bitemewe na Leta bizahanishwa iki ? ko ikinyamakuru gishobora guhindura izina buri 2week Leta izahora mu ma nama yo kongera ku list amazina mashya y'ikinyamakuru ? ko har'amakuru adaca mu binyamakuru ahubwo agaca ku mbuga za internet nazo zizafungwa ? cg nazop zirab ujijwe ? Abacuruzi bari bafitanye amabanga y'ubucuruzi ,ib icuruzwa byabo ntawe utazajya amenya iyo byaranguwe ?ntawuzamugurira ku nyungu nawe azajya ajya aho waranguye !ntibizoroha hakenewe ibisobanuro byinshi cyane.
Musubize9.08.2012 saa 17:11
Kanakuze
Tuzareba babandi birirwa bavugana n'abayobozi ba FDLR ko bazongera sha ! Agahuru k'imbwa karahiye. Dukeneye umutekano niwo utuma tugeze aho turi uyu munsi.Utazabishaka azimuke ajye gutura muri congo
Musubize9.08.2012 saa 15:51
Rachel Uwamahoro
Uku kwivuguruza guhishe byinshi. Nyakubahwa Ministre, amagambo igihe.com cyatangaje yasubiragamo ibyo wivugiye n'umunwa wawe. Kuba utangiye kugoreka imvugo ni uko harimo ikitagenda. Nyamara burya akarenze umunwa karushya ihamagara. Nasabaga senat ko itakwemeza iri tegeko ryemejwe buhumyi n'inteko ishinga mategeko. Imana ibamurikire.
Musubize9.08.2012 saa 14:53
louise Makuza
Impinduka yose igora iyo bitangiye ,gusa tel zo zizata agaciro,Air times zizagurirwa ibintu bifite akamaro. Indangagciro zivugwa will be detected,mbona kandi bizaba kimwe byi ngezi mu kurinda umutekano w' igihugu cyacu.!
Musubize9.08.2012 saa 14:49
oxil
1 | 2

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!