IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Kurikira umuhango wo Kwita Izina birimo kuba kuri IGIHE.com


Yanditswe kuya 15-06-2012 - Saa 17:08' na Ishimwe Samuel

Aho uri hose, haba mu Rwanda cyangwa hanze yarwo, ushobora gukurikira ibirori byo Kwita Izina abana bato b’ingagi bizaba kuri uyu wa Gatandatu tariki 16 Kamena 2012 mu Karere ka Musanze.

Ibi birori bizanyura ku rubuga rwa IGIHE.com mu mashusho (kanda hano) mu buryo bwa Live (nk’aho uhibereye), hifashishijwe ikoranabuhanga rya Live Streaming rikora nka televiziyo yo ku murongo wa internet.

Live Streaming ni uburyo bugufasha kubona amashusho arimo gufatwa kuri Camera ako kanya nk’aho uhibereye binyuze ku murongo wa internet.

Igikorwa cyo Kwita Izina kizatangira Saa yine (10h:00 AM), kikazaba kirimo kuba ku nshuro yacyo ya munani kuva mu mwaka wa 2004, kizitabirwa n’abantu baturutse hirya no hino ku Isi.

Kanda hano ugere ku rubuga rwagenewe iyerekanwa ry’igikorwa cyo Kwita Izina Live.

Foto:centerblog.net

IBITEKEREZO
ariko se ayo magambo yose ni ay'iki ? Ingagi nta biryo zisaba, nta mazu zisaba, nta n'izindi depenses uretse kuzishakira aba guards kandi zirabihembera kuko zinjiza cash.
Musubize21.06.2012 saa 02:36
umusomyi sarah
Ingagi nazo zikwiye guhabwa agaciro nka kariya bene data kandi sinemeranywa n'abavuga ko zirutishwa abantu, rwose si byo ahubwo niba hari n'amafaranga akoreshwa muri kuriya kuziha gaciro zo ubwazo zirayagarura, none se tuzikorere kindi ki ko zitwinjiriza cash hatagombye amamiliyoni nk'ay'ubushakashatsi ku mabuye y'agaciro na peteroli, zo ko ari Imana yazitwihereye natwe bikaduhesha gukama ho ku tu dorali twa ba rutuku.
Musubize18.06.2012 saa 01:57
Mwarimu Rutoki
iyobijyagucika mbibona kare ! kera habagaho umuhango wo kwita izina umwana wavutse none bisimbuwe nokwitizina ingagi ! birababaje !!!! namwe ngo umuco uracitse ! uracitse nyine ntibigaragarase !
Musubize17.06.2012 saa 13:05
DAMAS
Joy ndabona ushaka kuzihindurira uko Imana yaziremye.Uzasome ibitabo bya primatologie wenda wagira ako uvanamo.None se zihindutse abantu twe twaba iki ?
Musubize16.06.2012 saa 04:43
General Maribori.
ariko se ko mutubwira ngo igikorwa cyo kwita izina ngo umuntu ashobora kugikurikirana aho ari hose mukaba mutatwereka inzira umuntu yacamo ngo yihere amaso !!! birababaje kabisa !!!
Musubize16.06.2012 saa 04:16
mugisha claude
Aliko bagiye bashaka amata y'inyange bagaha izi ngaryi wenda ko zahinduka abantu ziyanyweye buli munsi , noneho bakazigulita nibitanda bakanazishakira ibilingiti !! buliya bwoya bwapfuka naliyamazuru zinyweye amata menshi yagororoka akaba meza !!!
Musubize15.06.2012 saa 14:41
joy
kwita izina ingagi ni ngombwa kandi ni byiza kuko ari umutngo wi gihugu ndetste winjiza amdovise ari korero bygakomeje kugirira abturage akamro bbiha akzi abo mukarere zibamo nka makampni atwra abakerrugendo aghaakzi abshoferi bo mukarere nabo bagatezimbere imiryango yabo tukabona iyobyiza najye ndi mushoferi umunsi mwiza
Musubize15.06.2012 saa 13:24
migambi jean baptiste
mubure kwerekana uruzi rwatwaye abantu Gisenyi nuko bafashwa none ngo ingagi ?ese ubundi izo ngagi hasigaye zingahe ?
Musubize15.06.2012 saa 13:22
butaga

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!