IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

MTN yahembye uwinjije abantu benshi muri serivisi ya Mobile Money


Yanditswe kuya 22-07-2012 - Saa 17:24' na Turikumwe Noël

Muri promotion yateguwe n’isosiyete y’itumanaho ya MTN, Uwumuremyi Valens ukorera ku biro bya MTN i Nyabugogo niwe wegukanye igihembo cy’ipikipiki, iki gihembo yakibonye kuko yinjije abakiliya benshi muri serivisi ya mobile money

Nk’uko byatangajwe na Albert ushinzwe serivisi ya Mobile Money , Valens yegukanye iyi pikipiki nyuma yo kwinjiza abantu bashya bagera kuri 714 muri iyi serivisi mu gihe kingana n’ukwezi.

Valens wakiriye iki gihembo cya moto yashimiye cyane ubuyobozi bwa MTN, kuba bubasha guhemba abakoze neza, yanavuze ko abona igihembo yabonye kibaye urufunguzo rw’ubuzima bushya.

Yakmeje avuga ko bari barabwiwe mu butumwa bugufi( Sms) ko hari igihembo ku muntu uzinjiza abantu benshi muri Mobile Money, gusa ngo ntiyakekaga ko ariwe uzegukana icyo igihembo.

Iyi moto yatanzwe na MTN, ifite agaciro kari hagati y’ibihumbi 600 na 700 by’ amafaranga y’u Rwanda. Valens uyakiriye asanzwe akora ibijyanye no kumvisha abantu ibyiza bya mobile money no kubandika muri iyi Serivisi.

IBITEKEREZO
Mukure ibinyoma aho ?
Musubize23.07.2012 saa 07:46
tuza
Ese burya moto irahendutse bigeze aho ? Keretse niba bamuhaye pilate cg umusazira !
Musubize23.07.2012 saa 05:11
M.Jn.Clau2
mtn you are number 1
Musubize22.07.2012 saa 14:16
alex

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!