Ubuyobozi bw’ Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Imirimo ifitiye igihugu Akamaro (RURA) buratangaza ko mu kwezi Nyakanga 2012 ibiciro by’umuriro w’amashanyarazi bizahinduka byiyongere bitewe n’amasaha. Iyi mpinduka irareba ibigo bitandukanye birimo inganda n’ingo.
Inganda ziri mu bigo birebwa n’iki kibazo cy’izamuka ry’ibiciro by’umuriro w’amashayanyarazi kuko zizabarirwa ku masaha. Guhera i Saa moya z’amanywa kugera ku saa Mmoya z’umugoroba umuriro uzaba ugura hagati y’amafaranga 168 ni ukuvuga amafaranga 198 hariho imisoro.
Iri hinduka ry’ibiciro by’umuriro bivuga ako mu masaha y’ijoro guhera i saa tanu z’ijoro kugeza saa Moya za mugitondo, ku nganda ibicoro bizajya biba biri ku mafaranga 96, ahawanye na 113 harimo imisoro.
Muyange Yves Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishyinzwe ingufu, amazi n’isuku yabwiye IGIHE ko izamuka ry’ibi biciro ntacyo rizahungabanyaho inganda. Yagize ati :”Ndumva ibiciro byagiyeho biri hasi ugereranyije n’ahandi”. Yakomeje avuga ko bafatanyije na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganada (MINICOM) mu igenzura ryo guteganya ibi biciro.
Iri hinduka rije mu gihe Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda itangaza ko yatangiye kubakira inganda 9 muri 14 zakoreraga i Gikondo zimuwe ahagenewe kuzubakwa inganda ziri ku rwego rwiza kandi zifite ibikoresho bihagije, n’ikoranabuhanga rigendanye n’igihe. Bitaganyijwe ko kuzubakira bizarangira mu mwaka wa 2013.
Ruzibukira Alexis Umuyobozi Ushyinzwe inganda muri muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yabwiye IGIHE ko EWSA ifite gahunda yo kugabanya ibiciro mu gihe inganda zizakurikiza amasaha. Bityo nta mpungenge zihari.
Mu ngo zisanzwe igiciro cy’umuriro kizava ku mafaranga 112 kuri Kilowati kikagera ku 134, kizagera ku mafaranga 156 hiyongereyemo umusoro.
Umuyobozi wa RURA Gatarayiha Régis yatangaje ko iri hinduka riri mu rwego rwo kugendera ku gaciro ifaranga rifite muri iki gihe. Avuga ko hari hagikoreshwa ibiciro byo mu mwaka wa 2006, yongeye ho ko ibiciro bijyanye n’igihe byazamuwe ho amafaranga agera kuri 20%.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Byimana : Inkongi y’umuriro yongeye kwibasira ikigo cy’ishuli
20.05.2013 |
|
Kigali : Hafunguwe urubuga ruzajya rufasha abantu kubona ibyangombwa byo kubaka
20.05.2013 |
|
Turkish Airlines igiye gutangira ubwikorezi bw’imizigo mu ndege izahuza Kigali n’indi mijyi
20.05.2013 |
|
Geneva : MIDIMAR yitabiriye inama mpuzamahanga yo kurwanya ibiza
20.05.2013 |
|
CHUK : Kugabanuka kw’amafaranga y’abaganga, ingaruka kuri serivise
20.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |