Umusore w’imyaka 20 y’amavuko witwa Anastase Ndayisaba yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano akurikiranyweho gufata ku ngufu umwana w’umukobwa ufite imyaka 14.
Polisi y’igihugu yatangaje ko gufata ku ngufu byabereye mu Kagali ka Ruli, Umurenge wa Shyogwe Akarere ka Muhanga.
Nk’uko Polisi y’Igihugu yabitangaje ku wa Gatatu tariki ya 31 Ukwakira 2012, Ndayisaba yajyanye uwo mwana w’umukobwa kumugurira inzoga mu kabari kari hafi aho, aramusindisha, amujyana muri kimwe mu byumba biri muri ako kabari amukoraho icyo ashatse.
Umwe mu bari bari muri ako kabari niwe wabimenye ahita abibwira Polisi.
Ndayisaba uhakana icyo cyaha, afungiye kuri sitasiyo ya Polisi i Nyamabuye mu gihe Uwimana ari kuvurirwa mu bitaro bikuru bya Kabgayi.
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu ikorera mu Ntara y’Amajyepfo Supt. Hubert Gashagaza yatangaje ko ibyakorewe uwo mwana ari ubunyamaswa, ko ibikorwa nk’ibyo bidakwiye kuboneka muri sosiyete.
Yagize ati “abana bagomba kurindwa kuko nibo gihugu cy’ejo hazaza”.
Gashagaza yakanguriye abaturage by’umwihariko ababyeyi kwita no gukurikirana abana babo no kurwanya ibikorwa nk’ibyo.
Ndayisaba ahamwe n’icyo cyaha, azahanishwa igifungo cya burundu nk’uko ingingo ya 191 y’igitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda abiteganya.
Ibi bibaye mu gihe uwitwa Jean de Dieu Habiyambere w’imyaka 15 wo mu Kagali ka Bukora , Umurenge wa Nyamugari mu karere ka Kirehe afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi i Nyamugari akurikiranweho gufata ku ngufu umwana w’umukobwa w’imyaka 9 witwa Denise Uwera ubu uri kuvurirwa mu bitaro bikuru bya Kirehe.
Habiyambere usanzwe ari umukozi wo mu rugo, aramutse ahamwe n’icyaha we azajyanwa mu kigo ngororamuco kuko atagejeje ku myaka y’ubukure.
Ibikorwa byo gufata ku ngufu no gusambanya abana bigira ingaruka mbi cyane cyane ku buzima bwabo, harimo ubugumba, guhahamuka, kwandura ubwandu bw’agakoko gatera SIDA n’izindi ndwara zitandukanye, kandi bikaba byanamuviramo n’urupfu.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
London : Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari muri Afurika
18.05.2013 |
|
Abagize Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga barasabwa kubakorera ubuvugizi
18.05.2013 |
|
Kigali : Urusimbi rwamuriye moto ya Miliyoni imwe, none ararira ayo kwarika
18.05.2013 |
|
Kigali : Abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye barinubira ibihano byo gukubitwa inkoni
18.05.2013 |
|
Ese koko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi bizajya bikorwa nyuma y’imyaka itanu ?
18.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |