IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Musanze : Urugomo rukorwa n’abashumba ruzajya rubazwa ba shebuja


Yanditswe kuya 31-10-2012 - Saa 09:07' na ORINFOR

Nyuma y’uko abaturage bo mu Mujyi wa Musanze batangaje ko babangamiwe n’ikibazo cy’abashumba bonesha imyaka yabo ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze bwagiranye inama n’aborozi bose bororera mu Mujyi wa Musanze hagamijwe kureba uko iki kibazo cyakemuka, hakaba hemejwe ko aborozi bagomba gukurikiranira hafi abashumba babo kandi ko icyaha kizajya gikorwa n’umushumba kigomba kujya kibazwa shebuja.

Muri iyo nama ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze n’aborozi bose bororera mu Mujyi wa Musanze yabaye nyuma y’uko abaturage batuye mu kagari ka Cyabararika, mu Murenge wa Muhoza muri aka karere ka Musanze batangaje ko babangamiwe n’ikibazo cy’abashumba bonesha mu myaka yabo barandura ibigori, imigozi y’ibijumba, amasaka n’ibishyimbo bakabigaburira inka za ba shebuja ndetse bakanabakorera urugomo rwaviriyemo bamwe gukomereka.

Bamwe mu borozi bororera muri uyu mujyi bari bitabiriye iyi nama bavuga ko bafashe ingamba zo kujya bakurikiranira hafi abashumba babo bamenya aho bakura ibyo bagaburira inka baba bashinzwe kuragira.

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Mpembyemungu Winifirida avuga ko ba nyirinka bagomba kujya bakurukiranira hafi abashumba babo, bamenya aho bakura ubwatsi buhabwa inka baragira kandi ko icyaha cyose kizajya gikorwa n’umushumba shebuja agomba kujya akirengera, akaba yasabye kandi aborozi korora inka bashoboye kubonera ibizitunga.

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze kandi avuga ko abaturage bakozweho n’urugomo rw’aba bashumba ko ubuyobozi bugikurikirana ikibazo cyabo aha ababigizemo uruhare bazabihanirwa n’amategeko.

Muri iyi nama, aborozi bororera mu mujyi wa Musanze basabwe gutangira gutekereza ahandi bakwimurira ubworozi bwabo dore ko umwanzuro wa nyuma kuri icyo kibazo uzafatirwa mu nama y’umutekano yaguye y’Akarere ka Musanze iteganyijwe mu ntangiriro z’Ugushyingo.

IBITEKEREZO
Nsubize uwiyise John, niko se John we urwango uvuga mfite ni uruhe ? nikose ye gutanga ibitekerezo bisigaye bitwa urwango ? nanga nde se ? nanga iki se ?
Musubize3.11.2012 saa 11:16
NDUMIWE
ibyo uvuze ngo za gashangiro musanze abashumba bafata abana b abakobwa ni ukuri gusa, si n abana bafatwa gusa ahubwo n'aba maman kimwe n'abakecuru, mbese uwitwa igitsinagore wese, ntahacika ari nako babambura ibyo bafite byose, ibyo bikunda kubera aho ikibuga cy'indege ( aho cyahoze ) kirangirira, aho bugufi haba ibikuyu, abashumba babibamo ni abanyarugomo cyaneee, umenya baba banafashe kuko k'umugongo wayo
Musubize1er.11.2012 saa 04:12
musanze
Komperuka ina zororerwa mubiraro aho iMusanze bo basanze bitabareba ? banyirizonka bakagombye gufatirwa ibyemezo bikaze hamwe n'abo banyarugomo babo babashumba.
Musubize31.10.2012 saa 15:15
EMMY T
bizajye bibazwa banyirabo kuko nibo batabaha uburere namategeko ngenderwaho......
Musubize31.10.2012 saa 13:40
merickson
Ka ka mesaje kanjye mwakanize mbese ko amasaha ashize ari atatu (3)ntacyo mugatangajeho ? Ntibya ari ubwambere ubwo ntibanyuze nayo nyamara yavugiraga abaturage. Yewe yewe biracyagoranye. ndabona bitazoroha da !
Musubize31.10.2012 saa 13:16
Nzabandora
Ndagirango nunge nurya NDUMIWE, niko umwna w'imyaka 18 iyo akoze icyaha kibazwa se na nyina (ababyeyibamubyara) ? Niryari se we mugihe akiri ingaragu mumategeko abazwa ibyo yakoze ? Ndizerako abantu bamusanze harimo abazi amategeko, bazakosora iryo hame ry'uyu muyobozi utangiye kuzana ibizatera ingaruka mbi mubantu. Niba se umushumba ahembwa, akaba yemewe n'amategeko ko yakora ako kazi, kuki atabazwa ibyaha bye yakoze mukabishinja uwamuhaye ako kazi ? Nyuma ngo najye akurikirana...! Ubundi ushyiraho umushumba ngo ibyo agiye gukora bitume nawe udohorerwa ushobore gukora ibindi bikureba. Ubwo rero agiye gukora akazi ke nak'umushumba ? Ibyo mukora murumva ingaruka yabyo ? Iba iyi nkuru yatanzwe neza uko byagenze muri iyo nama jye ndabona uyu muyobozi yarakwiye guhugurwa hari byinshi atumva nk'umuyobozi. Sinshyigikira konesha kuko umuntu wonesha aba ateza inzara umuhinzi. Agomba rero kubihanirwa ariko icyaha ke kitikiriwe abandi. Niba kandi ari umwana muto nabyo ni amakosa kuko ntamukozi murwanda wemerewe adafite imyaka yemewe n'amategeko, kandi ushobora kuba responsable de ses actes.
Musubize31.10.2012 saa 11:44
Nzabandora
Mva sha Ndabona we ! wamugani w'izina ryawe ndabona ngirango iby'inka utabizi ndetse utanibisobanukirwa neza,reka nkuhe urugero kumbwa wenda,ariko umbabarire sukugusuzugura nuko arizo zisigaye zororwa mungo zikagira n'abazitaho.Iyo imbwa yawe umukozi akinguye igipangu ikarya abantu,nyirigipangu niwe ubajyana ubavuza noneho waba urumugome ndavuga wowe sebuja,ayowavuje wamuntu uyakata kumushahara wawa mukozi.Ariko iyo yabikoreye ubwende arabihanirwa.N'inka rero umushumba iyo yonesheje nyir'inka arariha ahubwo agakata umushara wamukozi kandi akamwirukana agashaka ukora akazi keza.
1er.11.2012 saa 05:54
666
Ndagirango nunge nurya NDUMIWE, niko umwna w'imyaka 18 iyo akoze icyaha kibazwa se na nyina (ababyeyibamubyara) ? Niryari se we mugihe akiri ingaragu mumategeko abazwa ibyo yakoze ? Ndizerako abantu bamusanze harimo abazi amategeko, bazakosora iryo hame ry'uyu muyobozi utangiye kuzana ibizatera ingaruka mbi mubantu. Niba se umushumba ahembwa, akaba yemewe n'amategeko ko yakora ako kazi, kuki atabazwa ibyaha bye yakoze mukabishinja uwamuhaye ako kazi ? Nyuma ngo najye akurikirana...! Ubundi ushyiraho umushumba ngo ibyo agiye gukora bitume nawe udohorerwa ushobore gukora ibindi bikureba. Ubwo rero agiye gukora akazi ke nak'umushumba ? Ibyo mukora murumva ingaruka yabyo ? Iba iyi nkuru yatanzwe neza uko byagenze muri iyo nama jye ndabona uyu muyobozi yarakwiye guhugurwa hari byinshi atumva nk'umuyobozi. Sinshyigikira konesha kuko umuntu wonesha aba ateza inzara umuhinzi. Agomba rero kubihanirwa ariko icyaha ke kitikiriwe abandi. Niba kandi ari umwana muto nabyo ni amakosa kuko ntamukozi murwanda wemerewe adafite imyaka yemewe n'amategeko, kandi ushobora kuba responsable de ses actes.
Musubize31.10.2012 saa 11:44
Nzabandora
Ko mperuka inka zororerwa mu kiraro mu mujyi wa Musanze ho ni gute ?Kuki batakurikiza amategeko n'amabwiriza ariho ?Abayobozi b'inzego z'ibanze mwikosore cyangwa se harimo ruswa.
Musubize31.10.2012 saa 10:32
Placide
Ariko ubu jye narumiwe ! Ngo icyaha kizajya gikorwa n'umushumba sebuja azajya akirengera !? ngo kandi niko umuyobozi yavuze ?!! kandi ngo ni umuyobozi w'akarere ?! mwarangiza ngo mu Rwanda hari ubutabera ngo kandi bwigenga ?! Nonese uwo muyobozi ayobewe ko ICYAHA ARI GATOZI ?!! kandi ubwo ngo bamugiriye icyizere da ! bagiye bashaka abantu bashobora kuvuga bavugira igihugu ibi bintu mujye mumenya ko bijya kuri internet abantu bose bakabibona kandi bakabikorera isesengura, ejo nibavuga ko umuntu ashobora kuzira ibyo murumuna we cyangw aundi wese bafite icyo bahuriyeho muzaza hano mubihakane mwivuye inyuma !!!!? Nurumiwe !!.
Musubize31.10.2012 saa 10:02
NDUMIWE !
Niba warasesenguye hari icyo bita'responsabilité civile de l'employeur', iba engagé iyo umuntu akoresha agize icyo yangiza. Urwo rwango ntaho ruzakugeza.
1er.11.2012 saa 00:37
john
Biragaragara ko uyu wiyise Ndumiwe atasomye neza ibyanditse kandi atanakurikira ibyo amategeko ateganya. Kuvuga ko Nyir'Inka azaryozwa ibyo abashumba be bangije ibyo birasanzwe muri lwa of tort cyangwa civil law. Nkuko umwana agize icyo yangiza umurebererera cyangwa umubyeyi we baryozwa ibyo yangije, aba bashumba nabo ibyo bazangiza bizaryozwa ba shebuja. Ibi ntibivuze ko abashumbwa batazakurikiranwa ku cyaha bakoze (criminal case) tuvuge niba yaranduye imyaka cyanga yatukanye cyangwa yakubise umuntu, icyo gihe azabiryozwa ku giti arye uburoko wenyine cyangwa akore TIG kuko icyaha (in criminal law) ni gatozi ariko ku ndishyi shebuja azaziryozwa kuko aba yabikoze agira ngo agaburire inka ze. Hano ikibazo ni uko imbonezamubano (civil) n'inshinjabyaha (criminal) byose mu kinyarwanda byitwa ibyaha.
1er.11.2012 saa 01:08
Ngoga
kuki se iyi nama ntabaturage bayijemo musanze irananiwe izo nka nizabande bigize intakorwaho ngo ni abayobozi nzaba mbarirwa iki ni ikibazo nukuri ibikuyu biri mu mago y'abantu ubwose abafashe inguzanyo bagahinga nyuma abashumba bakarandura imyaka yabo leta ni itababre kandi za gashangiro musanze abo bashumba bajya banafata kungufu abana b'abakobwa
Musubize31.10.2012 saa 09:48
murino

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!