Muri gahunda yo kwimakaza isuku yaba aho abaturage batuye cyangwa aho bakorera , mu Kagari ka Cyasemakamba mu Murenge wa Kibungo ho mu Karere ka ngoma ku wa mbere tariki ya 18 kAmena 2012, hafunzwe za resitora n’utubari byagaraje isuku nke.
Bamwe mu baturage baganiriye na IGIHE batangaje ko bishimiye kuba izi resitora n’utubari byafunzwe kubera isuku nke , kuko ubusanzwe nabo bari bafite impungenge z’uko bashobora kuzandura indwara ziterwa n’umwanda.
Uwitwa Nzabonimpa Alphonse yagize ati : ’’Ni ukuri kuba izi resitora zafunzwe ni byiza kuko zari kuzadutera indwara ziterwa ni suku nke, nk’inzoka ndetse n’izindi ’’. Nzabonimpa akomeza agira ati : ’’ Uwabereka ahantu bogereza amasahani mu by’ukuri uhageze ntiwaba ukifuje kurya ibiryo byo muri izi resitora ’’.
Umwe mu bakorera muri izi resitora utashatse ko amazina ye atangazwa yatangarije IGIHE ko ubusanzwe kuba muri zi resitora hagaragara umwanda mwinshi ari uko ba nyiri aya ma resitora babigiramo uburangare. Yagize ati :”Hari ubwo tunabasaba amafaranga yo kugura isabune ngo twoze ibikoresho dukoresha mu kazi bakayatwima , none se ubwo urunva twabigenza Gute ? ’’.
Umunyamabanga Nshingwabikora w’AKagari ka Cyasemakamba Kamanzi Lucien yatangaje ko izi resitora n’utubari byafunzwe bizongera gukora ari uko byujuje amabwiriza agenga isuku , ndetse bakanavugurura imyubakire yabo.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Yagerageje guha umupolisi ruswa afatanywe urumogi
19.05.2013 |
|
Muhanga : Isoreshwa ry’inkunga ryatumye abanyeshuri bagurishwa inkweto
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahaye impanuro abitabiriye Rwanda Day
19.05.2013 |
|
London : Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari muri Afurika
18.05.2013 |
|
Abagize Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga barasabwa kubakorera ubuvugizi
18.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |