IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Ngoma : Resitora n’utubari bitujuje amabwiriza agenga isuku byafunzwe


Yanditswe kuya 20-06-2012 - Saa 11:43' na Besabesa Etienne

Muri gahunda yo kwimakaza isuku yaba aho abaturage batuye cyangwa aho bakorera , mu Kagari ka Cyasemakamba mu Murenge wa Kibungo ho mu Karere ka ngoma ku wa mbere tariki ya 18 kAmena 2012, hafunzwe za resitora n’utubari byagaraje isuku nke.

Bamwe mu baturage baganiriye na IGIHE batangaje ko bishimiye kuba izi resitora n’utubari byafunzwe kubera isuku nke , kuko ubusanzwe nabo bari bafite impungenge z’uko bashobora kuzandura indwara ziterwa n’umwanda.

Uwitwa Nzabonimpa Alphonse yagize ati : ’’Ni ukuri kuba izi resitora zafunzwe ni byiza kuko zari kuzadutera indwara ziterwa ni suku nke, nk’inzoka ndetse n’izindi ’’. Nzabonimpa akomeza agira ati : ’’ Uwabereka ahantu bogereza amasahani mu by’ukuri uhageze ntiwaba ukifuje kurya ibiryo byo muri izi resitora ’’.

Umwe mu bakorera muri izi resitora utashatse ko amazina ye atangazwa yatangarije IGIHE ko ubusanzwe kuba muri zi resitora hagaragara umwanda mwinshi ari uko ba nyiri aya ma resitora babigiramo uburangare. Yagize ati :”Hari ubwo tunabasaba amafaranga yo kugura isabune ngo twoze ibikoresho dukoresha mu kazi bakayatwima , none se ubwo urunva twabigenza Gute ? ’’.

Umunyamabanga Nshingwabikora w’AKagari ka Cyasemakamba Kamanzi Lucien yatangaje ko izi resitora n’utubari byafunzwe bizongera gukora ari uko byujuje amabwiriza agenga isuku , ndetse bakanavugurura imyubakire yabo.

IBITEKEREZO
ngoma yo irakabije rwose,ariko se nyirayo we buriya koko sinko kwica abaturage rwose baajye bakora bussiness bafitiye ubushobozi.kandi niba ari restaurent ubuyobozi busuzume ko yujuje ibyangombwa.
Musubize22.06.2012 saa 17:39
sanyuu
ndabyemeye abantu barya muri restora barya umwanda koko urandebera akakajagali kali mugikoni..
Musubize21.06.2012 saa 03:26
kakamega

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!