IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Yaguwe gitumo akorana imibonano mpuzabitsina n’ubana n’ubumuga bwo mu mutwe


Yanditswe kuya 8-07-2012 - Saa 15:33' na Oliver Dushimiyimana

Uwitwa Emmanuel Habumuremyi utuye mu Karere ka Ngororero, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 07 Nyakanga 2012, yaguwe gitumo n’abahitaga hafi y’inzu y’umutegarugori ubana n’ubumuga bwo mu mutwe (abo bitaga abasazi ariko iyo mvugo ubu ikaba itagikoreshwa) arimo gukorana imibonano mpuzabitsina nawe.

Nk’uko tubikesha abaturanyi b’uwahohotewe ubana n’ubumuga bwo mu mutwe, bavugako uyu n’ubwo afite icyo kibazo ubusanzwe ari umuntu ukunda kuba yibereye iwe mu rugo akaba ahava ari uko agiye gushakisha hirya no hino icyamubeshaho. Ubusanzwe aba wenyine, akaba atunzwe no kujya gusabiriza mu isoko. Baravugako rero batunguwe no kumva hari umuntu wagiye kumusagarari kuko ari ibintu batapfa kwiyumvisha.

Habumuremyi Emmanuel wakoze ibi ubusanzwe afite urugo, akaba afite umugore n’abana babiri ariko ubu akaba yaratandukanye n’umugore (yahukaniye iwabo) ndetse n’abana bose bakaba babana na nyina, biremezwa cyane n’ababazi kandi bazi ibibazo byabo aho bavuga ko uyu mugabo n’ubusanzwe yaburabuzaga umugore we cyane kubera ingeso ze zidashobotse kugeza aho umugore arambiwe agahitamo kwigira iwabo. Ikindi kivugwa kuri uyu Habumuremyi ni uko yahoze ari umurezi yigisha mu mashuri abanza ariko kubera izo ngeso ze zidatanga uburere bwiza aza kwirukanwa.

Ababonye Habumuremyi ku mugoroba yakoreyemo amahano (badusabye kudatangaza amazina yabo), bavugako ubusanzwe nyuma y’uko atandukana n’umufasha we hari indi nshoreke (umugore w’undi mugabo) yinjiye ubwo rero ngo mu masaha y’umugoroba yamanutse agiye kumureba agezeyo asanga yagiye kunywa k’umuturanyi wari ufite ubushyitsi bityo bituma batabonana. Muguhindukira rero nibwo yaganye ku nzu y’uyu murwayi ubana n’ubumuga bwo mu mutwe doreko aturiye inzira, maze amubwirako nareka bakaryamana ari bumuhe amafaranga 500 y’u Rwanda.

Abagenzi bahitaga muri iryo joro nibo bumvise muri iyo nzu havugiramo abantu batari umwe, kandi ubusanzwe baziko nta muntu ujya agendera uwo mutegarugori maze bibangombwa ko bajyamo kureba ikibazo cyaba cyavutse, mu kwinjira nibwo basanze rwahanye inkoyoyo, maze bihutira guta muri yombi uwo mugizi wa nabi ashyikirizwa Polisi.

Ubwo twegeraga abashinzwe gukurikirana ibibazo by’ihohoterwa rikorerwa abari n’abategarugo, abo twabashije kuvugana akaba ari Umuhuzabikorwa w’Umurenge wa Ngororero n’Umunyamabanga w’Inama Nkuru y’Abagore mu rwego rw’Akarere badutangarije ko iki kibazo kuva bakikimenya bari kugikurikiranira hafi kugira ngo barengere uwo bashinzwe kurenganura.

Gusa bagaragaza ko bafite impungenge cyane kubantu bahohoterwa muri iki gihe, doreko ari na benshi, kuko usanga ahanini basaba ko bajya gukorerwa ibizamini kwa Muganga kugirango agaragaze niba koko uwo muntu aba yahohotewe, nyamara bavugako ibyo igihe kinini bishobora gutuma uwahohotewe abirenganiramo, kuko ahanini mu Giturage ibyo iyo bibaye usanga bihutira gukorera isuku uwahohotewe ngo agere kwa muganga asa neza nyamara ntibamenyeko barimo gusibanganya ibimenyetso.

Ikifuzo bafite rero bakaba basaba inzego zibishinzwe kureba uko bajya bita cyane gukurikirana ahaba habereye icyaha kugirango ibimenyetso byaho ndetse n’amakuru yaho nayo yifashishwe mugukora ubugenzacyaha.

IBITEKEREZO
ariko bazabenze bapimeneza nuwo mugabo barebe ko atabana nubumuga bwo mumutwe kuko ibyo bintu akora sibyabantu bazima
Musubize11.07.2012 saa 11:50
emmy
Ikigaragara muri bino bitekerezo ni uko abarwayi ari benshi. Ejo hazaza hararuhije pe. Abanyarwanda bamye bavuga ko uwarushye abungira uwasaze. Ariko ab,ubu baracyamenya imigani migenurano ? Ngaho ndi Rusake sindi Dendo. Rudendos
Musubize10.07.2012 saa 12:38
Rusake
Uwo mugani uvuga ngo ngira vuba nk'uwenda umusazi urasobanura neza ko ibyo ari amahano ku buryo ubikora atanguranwa kugira ngo hatagira umuca iryera ! Naho ubundi ndabona abantu bariho bihimbira amategeko yabo kugira ngo barengere umunyacyaha. Gukora imibonano mpuzabitsina n'umuntu udafite ubushobozi bwo kwifatira icyemezo ni icyaha gikomeye gihanwa n'amategeko, keretse mushoboye kugaragaza ko uriya mugore atari umurwayi wo mu mutwe, cyangwa mukagaragaza ko uriya mugabo nawe yari umurwayi wo mu mutwe. Sinon ni amahano !
Musubize10.07.2012 saa 10:15
bobori jean Claude
BARAVUGA MUKINYARWANDA NGO GIRAVUBA NKUWENDA UMUSAZI BARI BABYUMVIKANYE
Musubize10.07.2012 saa 04:49
MUGWANEZA
ariko koko bantu muvuga ngo ni iki kigaragaza ko uyu mudamu yafashwe ku ngufu mwagerageje kumva ikibazo ? Umurwayi wo mu mutwe mwakumvikana iki koko ? Ndumva namwe iyo muza kuhagera mwari ku mufata ndabona atari gusa !
Musubize10.07.2012 saa 03:30
Uwababariwe
wowe wiyise ####, nibyo koko incapable nta buryo bagaragarizanya ubushake bwabo. ariko se nkubaze. iyo umuntu amuhaye ibiryo, mumenya mute ko yabimuhaye abishaka ??, uwo muntu wamuhaye ibiryo arahanwa se ?? si uburenganzira bw'umwana n'umusazi kubyanga se ??, ndumva analyse yawe ku bijyanye na incapacite idafite ishingiro pee, none se umusazi we ntagira need nk'abandi bantu ? none se basanze umusazi aziritse ku buryo yaba koko yakoreshejwe ibyo adashaka ??, jyewe ndumva ahubwo ari uburenganzira bwe, kandi ababtu binjiye mu nzu ye , bakaba bakoze violation du domicile, kikaba ari icyaha gihanwa muri code penal, article 324, mu itegeko rishya.
Musubize10.07.2012 saa 01:33
kabwa
aha ni iminsi yanyuma ndumva bikomeye Imana itabare urwanda kuko birakomeye kurubuga www.jesus.rw pastor muri Uganda nawe yafashe umugore kungufu mumodoka ...............................ni umuvumo kugihugu nimuvane ibizira mugihugu mumuhane.
Musubize9.07.2012 saa 12:43
Pastor
urongora umusazi agiravuba. uyuni ikigorya yaratinze baramufata.
Musubize9.07.2012 saa 11:34
lulu
Ahubwo nuwo mugabo akwiriye kujya kwa Muganga kuko ubwe ashobora kuba ari umury=wayi ariko atabizi. Niba yaririkunnywe kukazi, hanyuma agatana numugore kubera ingeso mbi none yongeyeho nu kuryamana numurwayi njye ndumva akwiriye gufashwa. Abaganga nibatabare.
Musubize9.07.2012 saa 10:18
Alice
murwanda muminsi irimbere no kurya inkoko kazi bazabikuraho tu. igitsina gore (murugo ) gifite uruvugiro pe.niryari badafata abanu ngo basambanye kdi arabasasa na bacyecuru ? abayobozi se nibo batabarya ? sha ahaaa
Musubize9.07.2012 saa 09:49
nikombyumva
Turacyafite ibibazo pe ! Ubwo ntimwumva ko mwahohoteye uwo murwayi wo mu mutwe ? Niwe uba adashaka kurya ku mbuto idahingwa se ? Ahubwo abo bantu bahanirwe ko bamubujijeuburenganzira bwe. Naho uwo nyiri kumufata yahanwa gusa basanze hari indwara yaba yaramwanduje otherwise ndumva ari uburenganzira bwe kurongora uwo ari we wese wabyemeye ! Na we kandi biragaragara ko arwaye akwiye kuvuzwa.
Musubize9.07.2012 saa 09:42
karaha
AKWI GUHANWA NAMATEGEKO
Musubize9.07.2012 saa 08:38
muragije
Uwiyise Akumiro nawe yabikora biragaragara ko hari n'amashitani asigaye yandika kuri uru rubuga. Ariko rero namubwirwa ko uriya mudamu ufite ubumuga atariwe wabihisemo. Akumiro rero ntugashimishwe n'ibyago byabaye kubandi kuko nawe ntuzi ibigutegereje. Ntukishongorane umubiri ndagusabye, kandi jya uvuga ibivugika
Musubize9.07.2012 saa 07:06
Chantal
Ntibishoboka,nonese mwe mushyize mugaciro murumva uwo mugabo atarwaye ?mwibaze umuntu wahagaritswe kukazi kubera iyo ngeso,ntiyihane.akarenga agatandukana numugore we,kubera iyo ngeso.none ageze nokumurwayi.ahubwo ndumva ariwe urwaye kurenza uwo yahohoteye. Police nigerageze imujyane indera kuko simuzima,cyangwa bamujyane mucyumba cyamasengesho kuko uwo ni umudayimoni umurimo
Musubize9.07.2012 saa 06:55
yyyyy
mu rwego rwo gukusanya ibimenyetso bijyanye niyo dosiye nibyiza ko haba harimo n'icyemezo cya muganga w'indera kigaragaza ko koko uwo mugore ari umusazi atari kubivuga kumagambo gusa . Ababishinzwe bakwiye kubikurikiranira hafi !
Musubize9.07.2012 saa 05:14
Nakumiro
Uragira ngo uwasambanyije umusazi,imbeba ya mukira ?ahubwo niba fate Amashashi y'ihene,ayinka,ay'ipusi,ay'imbeba,indogobe,inkoko n'ibindi byose bifit'igitsinagore polisi ibicungir'umutekano hakiri kare,abagabo b'ubu ntibasanzwe ndabarahiye da.
Musubize9.07.2012 saa 04:18
Kibonge
ariko impuhwe mugira zirandenga uwo murwayi mwamukuye amata kumunwa none ngo mwamutabaye,agahinda mwamuteye ntago azagashira !
Musubize9.07.2012 saa 03:25
ange
Ubwo se niba uwo mudamu yari akeneye amafaranga, akayamuha , wavuga ko yamuhohoteye ? Nibamurkure bamurenganije.
Musubize9.07.2012 saa 01:43
KIZITO
Mudandi uratubeshye amakuru yo muri Zimbabwe si injangwe yasambanyijwe ahubwo ni inkoko kuburyo na nyagukora ayo mahano yahise yiyahura.Ni umukambwe w'imyaka 65. Dufatanye dusengere iyi si satani yahagurutse n'ubukana bwinshi.
Musubize8.07.2012 saa 23:25
Loïc
Ariko hashobora kuba hari icyihishe inyuma y'inkuru nk'izi zirimo no gusebanya ! Ejo twabwiwe uwasambanyije inkoko wo muri Zimabwe, hejuru aha nkumva undi uvuga inkuru yo gusambanya ipusi nawe wo muri Zimbabwe ! None Zimbabwe yaba iri hafi aha byagenda bite...?! Ejo tuzumva nayo irimo gukorana na M23 hafi hariya ya Kinigi na Rubavu !
Musubize8.07.2012 saa 22:18
Sugira
1 | 2

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!