IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Ngororero : Yahohotewe nabagizi ba nabi banamucuza amafaranga 307,000 y’u Rwanda


Yanditswe kuya 9-07-2012 - Saa 08:14' na Oliver Dushimiyimana

Uwitwa Mutungirehe Evariste mu rukerera rwo kuwa Gatandatu tariki ya 7 Nyakanga, yatangiriwe n’abantu batamenyekanye bagerageza kumwica ariko babonye amafaranga yari afite angana n’ibihumbi magana atatu na birindwi y’u Rwanda (307,000Frw) barayamwambura nawe aboneraho gucika.

Ubwo twageraga aho Mutungirehe atuye, mu Mudugudu wa Nyabisindu, Akagari ka Mugano mu Murenge wa Ngororero aho ni mu Karere ka Ngororero, twasanze yigunze ndetse akabaro n’agahinda byamurenze, hari n’abandi bantu bari bamusuye baje kumwihanganisha mu kaga yari yahuye nako.

Ubwo twa ganiraga twamubajije uko byamugendekeye naho yahuriye n’abo bantu ndetse naho yari agiye n’amafaranga angana atyo maze nawe agira icyo adutangariza. Yagize ati : « Ubundi ndi umucuruzi w’inka akaba ari umwuga maze mo imyaka 3, mugitondo nazindutse nk’ibisanzwe ngiye kurangura inka, ngeze mu nzira mpura n’abantu 3 baza bansatira ndahagarara ubwo umwe yahise ansingira amaboko, undi araza ahita amfuka umunwa n’uwa 3 afata amaguru bankubita hasi. Ubwo batangira kunsaka maze bankuramo amafaranga 107,000, maze ubwo uwari undi hejuru agiye kunjyonjya (kumukubita) ibuye mu mutwe, undi wari ukinsaka aba akoze kuyandi nari naryamiye yari ari imbere mu ipantaro angana 200,000 aramubwira ngo mureke n’andi nayabonye ».

Ubwo ngo bamaze kuyabona babiri bahise biruka, undi asigara amuhagaze hejuru mu gatuza, nibwo yatekereje ko hashobora kuba hasigaye kumwica ngo asunika akaguru kari kamuhagazeho ahita yiruka atabaza abandi nabo bariruka, aba arokotse atyo.

Ubwo twaganiraga n’ushinzwe umutekano muri uwo Mudugudu wabereyemo urwo rugomo, yadutangarije ko umutekano waho n’ubusanzwe usanga ugoye kuwucunga, kuko ngo hakunze kubera ibikorwa by’urugomo byinshi kandi abantu baza kuhakorera ubwo bugizi bwa nabi avugako batabashira amakenga, kuko bakekako bashobora kuba baba bitwaje n’intwaro bityo bakaba basanga abaturage babo ubwabo batabasha kwicungira umutekano ntantwaro bafite. Ibi kandi abihurizaho n’Umukuru w’Umudugudu nawe uvuga ko kuva na kera umutekano wahariya hantu wananiranye.

Turacyagerageza kuvugana n’Ubuyobozi bw’Umurenge n’Akagari ngo bagire icyo bavuga kuri iki kibazo.

IBITEKEREZO
Umuntu akizwa nutwe azashaka andi. Uretse ko bari bamuzi neza .
Musubize9.07.2012 saa 09:21
a
Urugomo ni rucike burundu ! ababikoze bakurikiranwe ndetse n'abayobozi bareke kurenganya, kandi bijyane no guha uburenganzira akanama k'Amasoko. Mayor na Gitifu bareke akanama kigenge, kuko utsindiye isoko batamushaka ntabwo apfa kurikora. nawe se hari aho amasoko yo gusoresha amasoko n'imicanga hari ubwo babisubiza mu mvaho batanasobanuriye abapiganwe impamvu, yabyo ! Mbona ari uko ibyo bashakaga bitabaye kuko numvise ngo hari n'imodoka ya mayor ijya iza mu biraka by'imicanga,ubundi gitifu watsinda atagushaka ugahura n'ibibazo. Abo bireba babikurikirane ariko batagambiriye kubahana ahubwo babasabe bikosore kuko ibindi byinshi babikora neza. Mireille
Musubize9.07.2012 saa 04:50
mireille
Ariko njye ntangazwa n'abanyarwanda, iyo hamaze kuboneka ikibazo nibwo bihutira kuvuga ko ngo no mu bisanzwe ibintu bitari shyashya. None se niba bari bazi ko umutekano waho ari muke, bigeze begera Polisi n'ingabo ngo bahashye abo bagizi ba nabi ?
Musubize9.07.2012 saa 03:25
Ji

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!