IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Nubwo atari 100% Inkiko Gacaca zagenze neza- Karugarama


Yanditswe kuya 3-08-2012 - Saa 08:37' na Théogène Ishimwe

Ministiri w’ubutabera Tharcisse Karugarama avuga ko nubwo gacaca zitagenze neza 100%, zatanze umusaruro mwiza mu kuburanisha umubare munini w’abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Yagize ati : “Abanyarwanda baba hanze cyangwa mu Rwanda, bose bemera ko inkiko gacaca zagenze neza cyane kandi nta bundi buryo bwari bukoreshwe kugira ngo ducire imanza abantu bangana kuriya’’

Ibi Karugarama yabivuze ku itariki ya Mbere Kanama, mu kiganiro yagiranye n’abanyeshuri n’abarimu baturutse muri kaminuza zo mu bihugu bitandukanye birimo Leta Zunz’Ubumwe Z’Amerika, Canada n’u Bwongereza. Abo banyeshuri bari baje kwiga uburyo uRwanda rwashoboye guhangana n’ibibazo by’ubutabera nyuma ya Jenoside.

Karugarama avuga ko icyakora ngo byashoboka ko hari bamwe batishimiye uburyo inkiko gacaca zagenze, urugero ni abantu bahamwe n’icyaha ariko bavuga ko barengan , abo nibo bashobora kuvugako zitagenze neza .

Nubwo gacaca zarangiye si ukuvuga ko byagenze neza 100%, Karugarama yavuze ko bigaragaye ko hari abarenganye, imanza nshya zitaraburanishwa, abashinjwa nyuma y’uko inkiko gacaca zisozwa, ngo ibyo byose bizasubirwamo.

Karugarama avuga ko mu myaka icumi gusa, uhereye 2002 kugeza 2012, inkiko gacaca zaciye imanza zisaga miliyoni ebyiri zirebana n’abashinjwa barengaho gato miliyoni imwe. Iyo bitaba inkiko gacaca kuburanisha izo manza byari butware amagana y’imyaka ndetse n’amafaranga menshi cyane.

Atanga urugero rw’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha(ICC) rwaburanishije Charles Taylor wahoze ari perezida wa Liberia, yaburanishijwe mu myaka itanu bitwara amafaranga miliyoni eshanu z’amadolari. Mu gihe Gacaca zaburanishije abantu benshi mu myaka icumi gusa, bigatwara miliyoni 35 z’amadolari.

Kirsten Stefanic wiga muri kaminuza ya Western Ontario yavuze ko atangajwe n’uburyo u Rwanda rwivanye mu bibazo by’ubutabera nyuma ya Jenoside, ngo bigomba kubera isomo Isi, kandi ngo ubu iyo utembereye igihugu ntiwamenya ko cyabayemo Jenoside.

IBITEKEREZO
dore ingagi yigize umuntu
Musubize3.08.2012 saa 14:30
karugaba
Icecekere ! Ngo cira mu gacuma haryoha uruhoze.
Musubize3.08.2012 saa 07:34
Nono
Nubundi indashima nkawe zahozeho kandi zizahoraho, iyo uba mimister se wowe wari gukora iki ? uramaze niba utememeranya na minister ibyo ntibizabuza ko aba minister ngo ube we.
Musubize3.08.2012 saa 05:17
ann
Ntabwo barenganye ahubwo bishoboka ko bireguye nabi cg bitwaye nabi imbere y'urukiko ubwo ntabwo wa rurenganya. Mwihangane ababyumva gutyo muzaregere izindi nkiko zibarenganure nta mpamvu yo kutarenganurwa cg kurengana mu gihugu cyawe ugye wumva ko nawe bikureba. Ntabwo bireba umuntu umwe kuko nibiba bibi bigera kuri buri munyarwanda ubwo mwitonde niba uwawe afunze azira ubusa byaba bibabaje. Ukuri kuratsinda kandi ntiguhishwa iyo uguhishe bigira ingaruka zitari nziza haranira ibyiza rero. Imana ibigufashemo wowe ubyumva utwo ukicecekera hinduka birashoboka.
Musubize3.08.2012 saa 04:34
bahati innocent
Ni igikorwa cyiza gucira imanza abantu 2,000,000 mu myaka icumi. Urukiko rwa ARUSHA rwo rwaciye imanza 72 mu myaka 16. Gutandukana kw'ibi bintu binteye amatsiko. Nzakora ubushakashatsi, ndebe niba guca imanza nke kwa ICTR, ari ubunebwe, cg se niba byaratewe n'ubushishozi buhambaye mu guca imanza no gushaka ibimenyetso bifatika. Nzanareba n'impamvu zatumye twe duca nyinshi cyane kuriya kandi mu gihe gito cyane. Nzasohora imyanzuro yabyo mu bihe biri imbere.
Musubize3.08.2012 saa 04:01
gahunde
sure ??? Imana niyo mucamanza, ntimwibagirweko gacaca zifite abo zarenganyije !!!!
Musubize3.08.2012 saa 02:22
murenzi
Nyakubahwa Minister mwabibwirwa n'iki ko mutaciriwe izo manza ngo mwumve ukuri kwazivugishijwemo ! Mujye mubwira abo banyamahanga twe abanyarwanda dufite ukundi tubibona ! Njye cyakora sinemeranywa namwe !
Musubize3.08.2012 saa 02:01
Rwuhira
ibintu byose ntitukabibone negatif gusa ariko na none ni uburengenzira bwawe, murebye aho u Rwanda rwavuye 1994 kugera ubu mu rwego rw'ubutabera . ngirango muribuka nzamugwa inyuma aho yari igeze abana batakijya kwiga buri munsi ngo bajyemuye, Abacitse kum icumu batazi aho ababo bajugumywe , batazi urupfu bapfuye . rwose tujye tumenya gushima twishimira ibyo twagezeho yego nta byera ngo dee . niba utabona intambwe u Rwanda rwateye mu buzima bw'igihugu waba ufite akabazo kihariye ,
3.08.2012 saa 07:41
UMUGWANEZA Jeanne

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!