IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Nyabugogo : Imodoka yahindutse umuyonga


Yanditswe kuya 31-10-2012 - Saa 04:13' na Emmanuel Kanamugire

Kuri uyu wa 31 Ukwakira ahagana mu ma saa tatu z’igitondo, imodoka yo mu bwoko bwa Hiace Minibus yafashwe n’inkongi y’umuriro i Nyabugogo mu Mujyi wa Kigali ahari sitatiyo ya lisansi Kobil.

Muri iyi modoka nta bagenzi barimo, icyakora umushoferi wayo yahiye bidakanganye.

Nk’uko twabitangarijwe n’abari hafi ya sitasiyo, umushoferi w’iyi modoka ngo yaba yagize uruhare muri iyi mpanuka kuko yakoze bitemewe.

Mugabowindekwe Hassan yadutangarije ko uyu mushoferi waparitse imodoka ye lisansi yamushiriyeho yafashe lisansi mu kabido, mu gihe yayitonyangirizaga muri karubirateri (carburateur) igashibukira ku cyuma kiba hejuru yayo ngo cyari cyashyushye bikabije umuriro ukaka ubwo.

Abagenzi, abakozi ba sitasiyo n’abashoferi bagerageje kuzimya iyi modoka bifashishije umucanga n’ibindi, mu gihe byasaga n’ibibananiye Polisi ishami rishinzwe gukumira inkongi y’umuriro iba iratabaye.

Supt. Mutezintare Bertin ukuriye serivisi yo gukumira no kurwanya impanuka zikomoka ku nkongi y’umuriro, yasabye abaturage kwirinda ibyateza impanuka bakirinda uburangare kandi bagatabarana mu rwego rwo kugabanya ubukana bw’impanuka igihe Polisi iba itarahagera.

IBITEKEREZO
none ibyamashanyarazi bijemo gute ?
Musubize31.10.2012 saa 07:08
remmmy
c pas possible !!!
Musubize31.10.2012 saa 06:30
regis
Bjr , hakwiye andi masomo nyuma yo guhabwa Permis de conduire . abenshi biga gutwara imodoka ariko ntibigishwe maintainance y'ikinyabiziga . ni gute essance , amavuta , amazi bishira mu kinyabiziga koko . gutwara imodoka uwabishobora wese yayitwara , ariko maintainance ni ubushishozi bwa buri munsi , ariko ni gute na za Station za Essance zishyira ayo mavuta mu kabido , mu bihugu byateye imbere ntibibaho . ubundi rwose abashoferi bamwe ntabwo bita ku binyabiziga byabo , ni gute essance iba ishize mu modoka saa tatu . ba Boss aho ntimwaba mubasaba Versement gusa mutitaye ku bisabwa ngo ikinyabiziga cyanyu kibe ok . kubona amapine yikaraga , agenda ntabwo bivuga ko ikinyabiziga ari kizima cyose. rwose rubyiruko mujye mwita ku mbehe zanyu .
Musubize31.10.2012 saa 05:29
UMUGWANEZA Jeanne
Ayo mashanyarazi nayo ntazabe nka ya gaz methane kuko mbona azazana na Yezu agaruka !!! Kuko twabeshye kenshi ko gaz igiye gukemera ikibazo cyamashanyarazi akanahenduka ariko imyaka ibaye 11 , reka dutegereze !!
Musubize31.10.2012 saa 05:08
boos
Ubutaha jya ubanza usome inkuru ubone gutanga comment yawe : watubwira aho iby'amashanyarazi bihuriye n'iyi nkuru koko ?
31.10.2012 saa 08:13
citoyen
Ayo mashanyarazi nayo ntazabe nka ya gaz methane kuko mbona azazana na Yezu agaruka !!! Kuko twabeshye kenshi ko gaz igiye gukemera ikibazo cyamashanyarazi akanahenduka ariko imyaka ibaye 11 , reka dutegereze !!
Musubize31.10.2012 saa 05:08
boos

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!