Polisi mu karere ka Nyagatare, kuri uyu wa Mbere tariki 29 Nyakanga, yataye muri yombi umukobwa witwa Kabanyana Chantal ushinjwa kujugunya umwana we mu musarani.
Kabanyana wiga muri Kaminuza y’Umutara Polythechnic mu ishami ry’Ubucuruzi, bivugwa ko yabyaye uwo mwana kwa Mbere mu masaha ya saa Cyenda z’amanywa agahita amujugunya mu musarani.
Nk’uko byanditswe n’urubuga rwa Polisi, abaturanyi b’uyu mukobwa bumvise urusaku rw’umuntu uri kurira, ubwo bageragezaga gushaka aho urwo rusaka ruri kuva, nibwo basanze uru ruhinja mu musarani barukuramo
Nyuma yo kugera aho ibi byabereye, Polisi yahise ijyana mu maguru mashya uru ruhinja n’umukobwa ku bitaro bya Nyagatare. Gusa uyu mwana ntiyabashije kurokoka kuko yitabye Imana nyuma y’amasaha atandatu, biturutse ku bibazo by’imihumekere, abaganga bavuga ko basanze inyo mu muhogo no mu mazuru ye.
Kabanyana yabwiye Polisi ko atigeze agerageza kwica umwana we, ati”nagiye ku musarani kwihagarika nk’ibisanzwe, ariko sinagerageje kwica umwana wanjye.”
Umuvugizi wa Polisi Spt Theos Badege yamaganye iki cyaha, avuga ko bitumvikana kandi bitakwihanganirwa, ati “Birababaza kwiyumvisha ukuntu umubyeyo yagira uruhare mu kwica umwana we.”
Aramutse ahamwa n’icyaha, Kabanyana ashobora gufungwa hagati y’umwaka umwe n’imyaka itatu, n’amande ari hagati y’ibihumbi 50 na 200 by’amafaranga y’u Rwanda, nk’uko bitanganzwa n’itegeko rihana ry’u Rwanda.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
London : Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari muri Afurika
18.05.2013 |
|
Abagize Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga barasabwa kubakorera ubuvugizi
18.05.2013 |
|
Kigali : Urusimbi rwamuriye moto ya Miliyoni imwe, none ararira ayo kwarika
18.05.2013 |
|
Kigali : Abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye barinubira ibihano byo gukubitwa inkoni
18.05.2013 |
|
Ese koko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi bizajya bikorwa nyuma y’imyaka itanu ?
18.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |