Buri Mudugudu w’u Rwanda ugiye kugira umujyanama mu by’ubuhinzi ugomba kwita ku iterambere ry’ubuhinzi mu mudugudu we. Ibi bigiye gukorwa na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi nyuma y’uko ibonye ko igikorwa Minisiteri y’Ubuzima yakoze ishyiraho abajyanama b’ubuzima cyagize umusaruro mwiza ugaragara harimo kuba baragerageje gucogoza indwara zari zugarije Abanyarwanda harimo maraliya n’inzoka zo mu nda.
Umusaruro mu gihugu mu bice bimwe na bimwe wabaye mucye mu gihembwe gishize cy’ihinga. Urugero ni mu Karere ka Muhanga aho Ushinzwe ubuhinzi avuga ko muri rusange aka Karere katabonye umusaruro kari kitezemu gihembwe cy’ihinga gishize.
Mpagaritswenimana Védaste, ushinzwe ubuhinzi muri aka Karere yavuze ko ubuhinzi bugihura n’inzitizi zitandukanye zirimo kuba abahinzi bafite imyumvire mike mu bijyanye no guhuza ubutaka aho bavuga ko ari ukububambura, kudakoresha amafumbire no gutsimbarara ku buhinzi gakondo budatanga umusaruro.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi iravuga ko iyi gahunda izatuma umusaruro wiyongera ihereye ko na mbere abajyanama mu by’ubuzima batari bashyirwaho wasangaga Abanyarwanda bibasiwe n’indwara zitandukanye harimo malariya n’indwara z’inzoka, cyane cyane mu bana bato ariko ubu ngo aho bashyiriweho izi ndwara barazicogoje.
Musabyimana Innocent , Umuyobozi Mukuru Wungirije mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’ubuhinzi (RAB) ushinzwe ubuhinzi avuga ko bitewe n’ibyo bibazo bitandukanye bigaragara mu buhinzi hagiye gushyirwaho abajyanama mu buhinzi ku rwego rw’umudugudu bazafasha kuba abafashamyumvire mu buhinzi.
Bimwe mu bizagenderwaho ni uko bazaba ari abahinzi b’intangarugero muri iyo midugudu bakaba n’inyangamugayo. Ku bijyanye n’ibyo bazakora ngo bazajya batoranya uduce (site) two guhinga ho mu mudugudu bagene ubuso buhingwa ho kandi banahitemo igihingwa kizajya kihahingwa umwaka wose.
Aba bajyanama ngo nti bazakora bonyiine kuko bazunganirwa na komite ishinzwe ubuhinzi izashyirwaho ihereye kurwego rw’Akagali ikageza ku Karere aho izaba ikuriwe n’ushinzwe ubukungu imari n’iterambere muri buri Karere.
Mu Karere ka Nyamagabe aba bajyanama bazaba bamaze gutorwa n’abaturage bitarenze ku wa 20 Nyakanga, naho mu ka Muhanga bakazatorwa bitarenze kuwa 27 Nyakanga.
Aba bajyanama nta gihembo bateganyirijwe kuko bazaba ari abakorerabushake , nyamara ngo nk’uko mu Karere ka Muhanga hasanzwe hahembwa umuhinzi wabaye indashyikirwa, ngo muri aka Karere barateganya kujya bahemba umujyanama watumye agace ke (site) kagera ku bikorwa by’indashyikirwa.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Byimana : Inkongi y’umuriro yongeye kwibasira ikigo cy’ishuli
20.05.2013 |
|
Kigali : Hafunguwe urubuga ruzajya rufasha abantu kubona ibyangombwa byo kubaka
20.05.2013 |
|
Turkish Airlines igiye gutangira ubwikorezi bw’imizigo mu ndege izahuza Kigali n’indi mijyi
20.05.2013 |
|
Geneva : MIDIMAR yitabiriye inama mpuzamahanga yo kurwanya ibiza
20.05.2013 |
|
CHUK : Kugabanuka kw’amafaranga y’abaganga, ingaruka kuri serivise
20.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |