IGIHE.com > Amakuru > U Rwanda

Perezida Kagame yakiriye intumwa yihariye ya Minisitiri w’Intebe wa Australia


Yanditswe kuya 21-08-2012 - Saa 06:42' na Elisée Mpirwa

Perezida Paul Kagame yakiriye kuri uyu wa Kabiri Intumwa yihariye ya Minisitiri w’Intebe wa Australia, Bob McMullan aho baganiriye ku gukomeza gushimangira umubano hagati y’ibihugu byombi.

McMullan yatangarije IGIHE ko umubano w’u Rwanda na Australia ubu uhagaze neza, kandi ko mu ruzinduko rwe mu Rwanda biteganyijwe ko azagirana ibiganiro n’Abaminisitiri batandukanye mu rwego rwo gukomeza kuwushimangira.

Yagize ati : “Twaganiriye na Perezida Kagame ari nako twabonanye n’Abaminisitiri barimo uw’Ububanyi n’Amahanga. Umubano w’ibihugu byacu ubu uhagaze neza cyane, kuko igihugu cyacu gikomeje kugira uruhare mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda.”

Yongeyeho ati : “Twaganiriye kandi ku kuba Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe, Julia Gillard basabwe n’Umunyamabanga Mukuru wa Loni kuzayobora inama ku ntego z’Ikinyagihumbi (MDGs). Twize ku buryo bashobora kuganiraho bihagije ngo bayitegure.”

McMullan kandi yavuze ko babwiwe na Perezida Kagame ibyerekeye amakuru atandukanye mu karere, kandi banamugezaho ko igihugu cya Australia gifite gahunda yo kongera kwiyamamaza mu kanama ka Loni gashinzwe umutekano muri manda y’imyaka 2 iri imbere, kandi ngo n’ubundi nibatorwa bazakomeza gukorana n’u Rwanda kurushaho, dore ko ngo bazaba banafite ijambo.

Iki gihugu ngo kirateganya ko nikiramuka gitowe muri kariya kanama, kizashimangira inzira y’ibiganiro hagati y’impande zishyamiranye ngo bityo buri wese agerageze kumva ibitekerezo bya mugenzi we.

Umubano w’u Rwanda na Australia watangiye mu 2007, aho wavuye kuri za buruse zihabwa abanyeshuri b’Abanyarwanda biga muri icyo gihugu, ugera no ku buhahirane mu by’ubucuruzi.

Mu 2011, Australia yari igihugu kiri ku mwanya wa 14 u Rwanda rwoherezamo ibicuruzwa, kikaba ku mwanya wa 33 u Rwanda rutumizamo ibicuruzwa.

Foto/Village Urugwiro

IBITEKEREZO
Iby'uru ruzinduko birasekeje ! Nta mezi arashira abanyarwanda tubwiwe ko igihugu cyacu kirimo guhatanira umwanya muri kariya kanama gashinzwe umutekano muri Loni ! Igitangaje nuko Australia ije gusaba u Rwanda ijwi nk'aho twarangije kwegura kuri candidatire y'uriya mwanya ! Ikigaragara ni kimwe ; aba bazungu baraziranye bose ; kubera inkeke(igitutu) cy'amahanga u Rwanda ruriho, ba rusarurira mu nduru baraca Ruhinganyuma bakaza kudusaba natwe ibyo ducyeneye ! Bo se baduhaye iryo jwi ryabo natwe tukazagira umwanya muri ako kanama ?! Kwemerera Australia ijwi bishatse kuvuga ko TWARANGIJE KUVANAMO AKACU KARENGE ! Ku ZIHE MPAMVU ? UBIZI ANSUBIZE.
Musubize22.08.2012 saa 00:49
Rwanyandekwen
Komera Rwanyandekwe ! Na nuyu munsi uracyashishoza ?! Nkunda comments zawe ziba zirimo impanuro n'ukuri gusesuye ! Abareba kure bajye bibuka impanuro wagiye utanga kuri uru rubuga kandi byose biragenda bisohoka !
22.08.2012 saa 06:17
Jomo
aha ! erega,urwanda rwacu twarukuye kure ! ntampamvu nimwe yatumatuta rwitaho. murahoze.
Musubize21.08.2012 saa 16:03
######
Nyabuna, mukore ubuvugizi kuri uwo muyobozi, twumvise ngo bafite ubutaka bunini cyane budatuwe, basabire abatutsi bakomeje kurenganira muri aka karere n'urwango rudashira kugira ngo bimurirweyo batarashyira kw'isi.PLZ. Wenda twaruhuka, n'abana n'ubuvivi bacu ntibazahore mu ntambara zo kwirwanaho. Yego iki n'igihugu cyabasogokuruza, ariko ntamahoro tukibonamo. None se tuzahore mu ntambara z'urudaca n'inzangano z'aba bantous ?
Musubize21.08.2012 saa 10:46
eric mugabo
mugabo rwose sinshyigikiye igitekerezo cyawe. Nanjye ndi umututsi ibyo uvuze ubu mu Rwanda si byo. buri munyarwanda arishyira akizana . Izo nzangano sinzi aho uzibona mu gihe abaturarwanda bose turi kwiyunga mu busabane kandi buri wese agamije guha mugenzi we amahoro. ikindi nakubwira nuko niyo ibyo byaba uko ubivuga nta narimwe twakwifuza gusuhuka no dute urwatubyaye ! Kuba wajya guhaha hanze ok mais ibindi non. Ntimugakabye ! ibyabaye byarabaye ubu ikigamijwe ni uko none n'ejo , n'ejobundi n'ahazaza haba heza . abana bacu ndetse n'ubuvivi bakabaho neza mu Rwanda rwacu, rwabo rwiza.
22.08.2012 saa 06:21
amani julien
barebe neza ya cadeau yabashinwa .???????????????
Musubize21.08.2012 saa 09:52
job
mureke ba gashakabuhake bakomeze baze gusarura aho batabibye, nonese kodufite n'abategetsi batabatiza umurindi !!. Africa unit.
21.08.2012 saa 18:18
future
Ibyo uyu musomye avuze ariko nanjye ndabiha agaciro gakomeye ntimureke kubyitaho.Ubugome abazungu bafite ni ubwo kwitondrea nubwo ukuri gutangiye kugaragara.Na presidence aho iri ituranye n'abanyamerika mpagirira impungenge ni ugushaka uko yajya ahitaruye da.Tubakureho isomo ry'imiterere yabo.Twibuke Kadaffi,Mubarak,Zen Al abidin bari inshuti zabo zikomeye.Ubu barihe hehe ?Lybia yo byabashobeye !!!!!!!!.Abashinzwe intelligence rero mujye mukurikira izi comments kuko zifite akamaro.
Musubize21.08.2012 saa 09:38
analyst
Yego, Uburayi na America bahagarike tugane mu majyepfo y'Isi, ndetse no muri Azia ( Turikiya, Japan, Chine, Russia) uzarebe ko batazavuguruza Steve bakagaruka biruka ku Rwanda ngo rwarabeshyewe, erega nubwo turi agahugu gato ariko ijambo turarifite muri aka Karere. Abatatuzi baradusobanukirwa.
Musubize21.08.2012 saa 08:46
piter
Australia ni Igihugu cyateye imbere kandi kibikesha ubukungu gifite amabuye yagaciro menshi kandi gifite abaturage bake ugererenije n'ubuso bwacyo. ni continent with only 22 million z'abaturage. Kizengurutswe n'inyanja y'abahinde iburengerazuba i burasirazuba ni Atlantique. Kugirana nabo umubano ni byiza.
Musubize21.08.2012 saa 08:40
jr
Nibyo Peter kuvuga ko abo bahagaritse imfashanyo zabo ataribo kamara kuko dufite , dushobora kugira izindi nshuti. Gusa ngo akimuhana kaza imvura ihise . Byaba byiza buri munyarwanda wese yiyumvishije ko natwe ubwacu dushobora kwirangiriza ibibazo by'ingenzi bijyanye na Budget y'igihugu. Imfashanyo zikaza gusa ari nk'inyongera nziza.Ngaho rero twese twumve ko twakwihesha agaciro bikadutera ishema ndetse n'isheja dutange inkunga yacu mu Gaciro Fund. Buri mutwe w'umunyarwanda ubariwe amafaranga 100 ku munsi twabigeraho vuba.
22.08.2012 saa 06:06
amani julien
aje kwishakira utubuye mama !! ejo nawe azaba avuga ngo infashanyo barazifunze !!! batubabalire dukomeze guhembwa kugeza mukwacumi nabili mbanze nigulire ciment nirangilize icyumba kimwe gisigaye
Musubize21.08.2012 saa 08:05
111
Ndabona ukunda igihugu unareba kure(Sic). Hanyuma se numara kubaka inzu ukeka ko ibibazo byawe bizaba birangiye ? Abandi se ubashyize hehe ? Ntitugakabye kwikunda nshuti, kandi tunarebe kure birenze inzu turimo kubaka....
21.08.2012 saa 11:30
Darren
Nshimiye IGIHE.COM kuba noneho bemeye guhitisha igitekerezo cyawe ! Mubyukuri kirasekeje cyane nyamara kirimo n'ukuri ! Njye nkunze ko ugaragaje ikibazo nyamukuru wowe wifitiye ! Ni uburenganzira bw'umusomyi(mboneyeho gusubiza Dareen wakunenze atakuzi). N'undi wese yagombye kwemererwa kuvuga ibimuvuna muri izi nkomati z'inkunga z'amahanga ! Abantu ntitugomba buri gihe kubona ibintu kimwe, cyangwa guhozwa muri Kagame, Kabila, M23,... buri gihe....
22.08.2012 saa 00:29
Mutunzi
ku RUGWIRO, Ya Cadeau y'IFOTO PEREZIDA yahawe n'Abashinwa igashyirwa mu Rugwiro ngo ni URWIBUTSO muzambabarire muyishyire kure y'aho NYAKUBAHWA akorera itaba ari "Cadeau empoisonné", ikaba yajya yiba amabanga yose y'ibihavugirwa n'amashusho y'ibihakorerwa ikabyohereza mu Bushinwa hifashishijwe ikoranabuhanga rya Satellitte. Se kumuha iriya Photo rwari urukundo, cyangwa ? Muramenye rwose ababishinzwe mubyiteho njye nifitiye amakenga y'iriya Photo, kandi narabivuze bayimuha sinzi niba mwarabikozeho ubushakashatsi. Ni umukunzi w'igihugu utagishira abazungu amakenga. MURAKOZE KUBYITAHO.
Musubize21.08.2012 saa 07:40
URUGWIRO !
Ntugire ubwoba dufite igihugu gisobanukiwe kandi gikora niba ariko bimeze simpamya ko bayihashyira itizweho. Cyakora naba nawe rata uri umuntu w'umugabo uba wanatekerereje neza icyateza ikibazo ku gihugu cyacu. Plz mugenzure iki kintu ko ariko byifashe nibiba ngomba ibikwe.
21.08.2012 saa 08:44
Tito
@Urugwiro :(1 )Abashinwa si abazungu n'ubwo bafite uruhu rwera ;( 2) Humura hari abashinzwe ibintu nk'ibyo. Shyira umutima mu nda. Thank you.
21.08.2012 saa 11:28
DID

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!